Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDB Yatangaje Hotel Zahawe Inyenyeri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

RDB Yatangaje Hotel Zahawe Inyenyeri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2022 6:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyaraye gihaye inyenyeri nshya hotel na restaurants zo mu Rwanda zirushanwa mu gutanga serivisi nziza, ibikorwa remezo n’ishoramari zakoresheje hagamijwe gutanga serivisi nziza.

Bisa n’aho gutangaza izi nyenyeri bije mu rwego guha amahitamo abazitabira Inama ya CHOGM n’izindi zizakurikiraho kugira ngo bazihitiremo aho kwaka serivisi.

Hoteli zahawe inyenyeri enye ni iyitwa M-Hotel y’i Kigali n’indi imwe y’i Musanze yitwa Virunga Inn Hotel and Spa.

Hoteli 13 nizo zahawa inyenyeri eshatu.

Uretse iy’i Kayonza, iy’i Nyamasheke(muri Nyungwe), iy’i Rwamagana, iy’i Kayonza, iy’i Rubavu na  Rutsiro izindi zose ni izo mu Mujyi wa Kigali.

Izifite inyenyeri ebyiri ni icyenda .

Muri izi kandi uretse Rusizi, Musanze na Rusizi izindi zose ni iz’i Kigali.

Izahawe inyenyeri imwe ni esheshatu muri zo imwe ni iyo muri Rubavu izindi zose ni izo mu Mujyi wa Kigali.

Gahunda yo guha hoteli inyenyeri ni igikorwa cyatangijwe n’Ikigo k’igihugu cy’iterambere mu mwaka wa 2017.

Hari taliki 27, Kamena. Intego yari iyo ugutera akanyabugabo abakora muri za Hoteli kugira ngo bazamure urwego rwo gutanga serivisi kugira ngo habeho kunoza ibigenerwa abakiliya.

Icyakora itegeko rigena ubukerarugendo mu Rwanda ryashyizweho mu mwaka wa 2014, ariko mu Ukwakira 2016 nibwo hasohotse amabwiriza ya Minisitiri agena uko bizakorwa yatangajwe.

Aya mategeko yose yashyizweho ahuje n’amategeko asanzwe agenga Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba.

Ni amategeko agena uko ibigo bitanga serivisi zo kwakira abashyitsi, kubatembereza no kubaruhura mu mutwe zigomba gukora.

Ibyo bigo birimo za resitora, hoteli, utubari, utubyiniro, ibigo bitembereza ba mukerarugendo, ibigo biha amakuru ba mukerarugendo.

Iteka rya Minisitiri rigena imikorere y’izi nzego ni Iteka No25 ryo kuwa 14/09/2016.

Mu rwego rwo gufasha abashoramari bifuza kubona biriya ibyangombwa bituma bahabwa urwego rwerekana ibyo bakora, Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere, RDB, rwateguye uburyo bufasha ababyifuza kuzuza inyandiko zo kuri murandasi.

N’ubwo Hoteli zo mu Rwanda zihabwa inyenyeri hashingiwe ku bintu twavuze haruguru, Perezida Paul Kagame aherutse kuzigaya ko muri rusange usanga zitanga serivisi zirandaga.

Yacyebuye abaziyobora, ababwira ko nibakomeza imikorere nk’iriya bazihesha isura mbi u Rwanda ubwo ruzaba rufite abashyitsi baturutse hirya no hino ku isi baje mu Nama izwi nka CHOGM.

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa Hoteli 288.

Bivugwa ko ifite igiciro gito cyo kuyiraramo itajya munsi ya Frw 30,000 ku ijoro rimwe.

Hari izindi zihenze zigeza cyangwa zirenza  hagati ya $ 3,500 na $10,000 ku ijoro rimwe.

TAGGED:featuredInama InyenyeriKagameKigaliRDBSerivisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article REG Yiyemeje Kutazatenguha Abanyarwanda Muri BAL
Next Article Biruta Yongeye Kuganira N’Abayobozi B’u Bwongereza Ku Bijyanye N’Abimukira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?