Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDB Yatangaje Hotel Zahawe Inyenyeri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

RDB Yatangaje Hotel Zahawe Inyenyeri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 May 2022 6:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB cyaraye gihaye inyenyeri nshya hotel na restaurants zo mu Rwanda zirushanwa mu gutanga serivisi nziza, ibikorwa remezo n’ishoramari zakoresheje hagamijwe gutanga serivisi nziza.

Bisa n’aho gutangaza izi nyenyeri bije mu rwego guha amahitamo abazitabira Inama ya CHOGM n’izindi zizakurikiraho kugira ngo bazihitiremo aho kwaka serivisi.

Hoteli zahawe inyenyeri enye ni iyitwa M-Hotel y’i Kigali n’indi imwe y’i Musanze yitwa Virunga Inn Hotel and Spa.

Hoteli 13 nizo zahawa inyenyeri eshatu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uretse iy’i Kayonza, iy’i Nyamasheke(muri Nyungwe), iy’i Rwamagana, iy’i Kayonza, iy’i Rubavu na  Rutsiro izindi zose ni izo mu Mujyi wa Kigali.

Izifite inyenyeri ebyiri ni icyenda .

Muri izi kandi uretse Rusizi, Musanze na Rusizi izindi zose ni iz’i Kigali.

Izahawe inyenyeri imwe ni esheshatu muri zo imwe ni iyo muri Rubavu izindi zose ni izo mu Mujyi wa Kigali.

Gahunda yo guha hoteli inyenyeri ni igikorwa cyatangijwe n’Ikigo k’igihugu cy’iterambere mu mwaka wa 2017.

- Advertisement -

Hari taliki 27, Kamena. Intego yari iyo ugutera akanyabugabo abakora muri za Hoteli kugira ngo bazamure urwego rwo gutanga serivisi kugira ngo habeho kunoza ibigenerwa abakiliya.

Icyakora itegeko rigena ubukerarugendo mu Rwanda ryashyizweho mu mwaka wa 2014, ariko mu Ukwakira 2016 nibwo hasohotse amabwiriza ya Minisitiri agena uko bizakorwa yatangajwe.

Aya mategeko yose yashyizweho ahuje n’amategeko asanzwe agenga Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba.

Ni amategeko agena uko ibigo bitanga serivisi zo kwakira abashyitsi, kubatembereza no kubaruhura mu mutwe zigomba gukora.

Ibyo bigo birimo za resitora, hoteli, utubari, utubyiniro, ibigo bitembereza ba mukerarugendo, ibigo biha amakuru ba mukerarugendo.

Iteka rya Minisitiri rigena imikorere y’izi nzego ni Iteka No25 ryo kuwa 14/09/2016.

Mu rwego rwo gufasha abashoramari bifuza kubona biriya ibyangombwa bituma bahabwa urwego rwerekana ibyo bakora, Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere, RDB, rwateguye uburyo bufasha ababyifuza kuzuza inyandiko zo kuri murandasi.

N’ubwo Hoteli zo mu Rwanda zihabwa inyenyeri hashingiwe ku bintu twavuze haruguru, Perezida Paul Kagame aherutse kuzigaya ko muri rusange usanga zitanga serivisi zirandaga.

Yacyebuye abaziyobora, ababwira ko nibakomeza imikorere nk’iriya bazihesha isura mbi u Rwanda ubwo ruzaba rufite abashyitsi baturutse hirya no hino ku isi baje mu Nama izwi nka CHOGM.

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa Hoteli 288.

Bivugwa ko ifite igiciro gito cyo kuyiraramo itajya munsi ya Frw 30,000 ku ijoro rimwe.

Hari izindi zihenze zigeza cyangwa zirenza  hagati ya $ 3,500 na $10,000 ku ijoro rimwe.

TAGGED:featuredInama InyenyeriKagameKigaliRDBSerivisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article REG Yiyemeje Kutazatenguha Abanyarwanda Muri BAL
Next Article Biruta Yongeye Kuganira N’Abayobozi B’u Bwongereza Ku Bijyanye N’Abimukira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?