Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDC: Abantu 30 Bakatiwe Urwo Gupfa Bazira Akaduruvayo Ko Ku Ilayidi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

RDC: Abantu 30 Bakatiwe Urwo Gupfa Bazira Akaduruvayo Ko Ku Ilayidi

admin
Last updated: 15 May 2021 4:37 pm
admin
Share
SHARE

Urukiko rw’i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rwakatiye urwo gupfa abantu 30, nyuma yo guhamwa n’uruhare mu kaduruvayo kahanganishije polisi n’ibice bimwe by’Abayisilamu bigometse, ku munsi mukuru w’Ilayidi.

Ako kavuyo katejwe n’ibice bibiri by’abayoboke b’idini ya Islam ku wa Kane, byahanganye birwanira uburenganzira bwo kwizihirirza umunsi w’Ilayidi muri Stade des Martyrs i Kinshasa. Byarangiye abateje akavuyo banahanganye na Polisi ubwo yazaga gukiza.

Ni akaduruvayo kaguyemo umupolisi umwe.

Mu rubanza rwahise rutangira ku wa Gatanu, rwasojwe mu bantu 41 baburanishwaga, 30 bakatiwe urwo gupfa, umwe akatirwa gufungwa imyaka itanu, batanu bagirwa abere.

Nubwo abantu benshi bakomeje gukatirwa urwo gupfa muri RDC, nta muntu urahabwa icyo gihano guhera mu 2003. Ahubwo igihano cy’urupfu cyagiye kivunjwamo igifungo cya burundu.

Inzego z’ibanze zatangaje ko uretse umupolisi umwe wishwe, abantu basaga 40 bakomeretse ndetse imodoka imwe ya polisi igatwikwa.

TAGGED:featuredIlayidiRDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twibuke Imiryango Yazimye Yabujijwe Ejo Heza- Jeannette Kagame
Next Article Abapolisi Babiri Bafunzwe Bazira Gukubita Uwatorotse Kasho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?