Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Ikomeje Akazi Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

RDF Ikomeje Akazi Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2021 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Col Ronald Rwivanga yabwiye Taarifa ko urugamba ingabo zirimo muri Mozambique rukomeje kandi  rugenda neza. Ni nyuma y’uko zirangije kwigarurira agace ka Mbao.

Col Rwivanga avuga ko ingabo z’u Rwanda ni’iza Mozambique zakurikiranye bariya barwanyi i Mbao nyuma y’uko bari bahahungiye bavuye  Mocimboa de Praia.

Ati: “ Abarwanyi bavuye muri uriya mujyi bahungira mu gace cyereye ishyamba mu bilometero 50 uvuye  Mocimboa de Praia.”

Rwivanga avuga ko abarwanyi bo muri kariya gace batatanye ariko ngo ibikowa byo kubahiga bizakomeza kugeza akazi karangiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique Maj. Gen. Innocent Kabandana aherutse gusobanura  ko umutwe witwaje intwaro bahanganye ufite imirwanire ikoresha amatsinda mato, ariko kuba ukomeje gutsindwa bigaragaza ko hari ababarusha.

Hari nyuma y’umunsi umwe byemejwe ko Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Mozambique (FADM) zafashe umujyi wa Mocímboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.

Ni umujyi uri ku nyanja y’Abahinde

Wari uvuze byinshi ku bikorwa bya bariya barwanyi bakunze kwita al-Shabaab, nubwo nta bimenyetso birahamya neza ko ufitanye isano n’uwo muri Somalia.

Gen Kabandana yavuze ko abasirikare bageze muri Mozambique baruhukiye ku Kibuga cy’Indege cya Nacala, bamwe berekeza Afungi n’indege abandi bagenda n’imodoka bagana i Mueda na Sagal. Ibikoresho bijya Afungi byagiye n’ubwato.

- Advertisement -

Rwari urugendo rurerure ku buryo kuva Nacala ugana Afungi harimo ibilometero 700, hamwe hatari n’imihanda myiza.

Yakomeje ati “Abantu rero bagenda urwo rugendo ubwarwo, utaranatangira kurwana, ni rurerure. Ibyo kurwana byo, kurwana n’ibyihebe, ni abantu barwana mu dukundi duto ariko dushikamye, barasa, ariko ngira ngo kuba tugeze ahangaha ni uko basanze hari ababarusha.”

Yavuze ko benshi mu barwanyi bahanganye ari abenegihugu ba Mozambique, ariko hagenda haboneka amakuru ko mu bayobozi babo harimo abantu bava mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ndetse ngo harimo n’abaturuka mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati.

Ubwo Ingabo z’u Rwanda zoherezwaga muri Mozambique mu kwezi gushize, ryari itsinda ririmo n’abapolisi, kandi bagomba gukorana n’Ingabo za Mozambique.

Gen Kabandana yavuze ko buri rwego hari ibyo rushoboye kurusha urundi, ari nabyo bishingirwaho bagabana akazi.

Ati “Iyo tumaze kubona ahantu uko hateye n’igikorwa gihari, turavuga tuti ‘wowe ca aha ni wowe ubishoboye kurusha, njye ndakunganira muri iki’, gutyo gutyo. Ni uko bimeze, niko tubikorana tugendeye ku bunararibonye bwa buri umwe, ku bikoresho afite, ku byo amenyereye kurusha undi, ni uko tubigena.”

Nyuma yo gufata Mocímboa da Praia, Ingabo z’u Rwanda na Polisi bakomeje kugenda bafungura ibikorwa byari byarafunzwe nk’imihanda.

Polisi na yo yakomeje kugenda inakusanya imirambo y’abarwanyi bishwe.

Ni nako kandi bagenda batanga ihumure mu baturage, aho bageze hose.

Mu gihe RDF na FADM bakomeje gufata ibice byinshi, tariki 9 Kanama, 2021 Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) watangije ku mugaragaro ibikorwa byawo bya gisirikare muri Mozambique.

 

TAGGED:featuredIngaboMozambiqueRwandaRwivanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwoba Muri Afurika Kubera Abatalibani
Next Article Umuyobozi Wungirije Wa Polisi Ya Uganda YAPFUYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?