Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Irakomeza Akazi Muri CAR N’ubwo Yatakaje Umusirikare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RDF Irakomeza Akazi Muri CAR N’ubwo Yatakaje Umusirikare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2021 6:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yasohoye itangazo ivuga ko n’ubwo yatakaje umusirikare mu bayo bari kugarura amahoro muri Centrafrique, ko abasirikare bayo bataciwe intege nabyo ahubwo ko bakomeza akazi kabajyanye.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 13, Mutarama, 2021 nibwo abarwanyi bo muri kiriya gihugu bateye ingabo z’u Rwanda bicamo umusirikare umwe.

Itangazo Minisiteri y’ingabo yatangaje rivuga ko ingabo z’u Rwanda zababajwe n’urupfu rw’uriya musirikare batatangaje izina, ariko yemeza ko abasirikare bayo bari muri Centrafrique batazatezuka ku ntego yabajyanye.

Itangazo rya Minisiteri y’ingabo rigira riti: “Ingabo z’u Rwanda zibabajwe cyane n’urupfu rw’umwe mu basirikare bazo bagiye kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique mu kitwa Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA. Yaguye mu gitero abarwanyi badashaka amahoro mu gihugu cyabo bagabye ku ngabo zacu tariki 13, Mutarama, 2021. RDF yihanganishije abo mu muryango we n’inshuti ze. RDF kandi iracyakomye ku mugambi wayijyanye muri kiriya gihugu wo kugarura amahoro ku nyungu z’abasivili kandi ibikora mu mabwiriza ya MINUSCA ndetse no mu kandi kazi aho ingabo zoherejwe hose.”

Ubuyobozi bwa MINUSCA bwamaganye kiriya gitero.

Abarwanyi bibumbiye mu mutwe udashaka ubutegetsi bwa Faustin-Archange Touadéra bagabye igitero mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda biri hafi mu nkengero za Bangui.

Bakigabye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 13, Mutarama, 2021.

Umugabo witwa François Bozizé niwe ushinjwa guteza umutekano muke muri kiriya gihugu nyuma y’uko kandidatire ye yanzwe na Komisiyo y’igihugu y’Amatora.

 

TAGGED:BozizeCentrafriquefeaturedIngaboRDFTouaderaUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Icyamamare Ukubaka Rugakomera Si Ibya Bose, Hari Abo Byananiye Mu Rwanda
Next Article Ingabo z’urwanda zanditse amateka kurwego mpuzamahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?