Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Irakomeza Akazi Muri CAR N’ubwo Yatakaje Umusirikare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RDF Irakomeza Akazi Muri CAR N’ubwo Yatakaje Umusirikare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2021 6:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yasohoye itangazo ivuga ko n’ubwo yatakaje umusirikare mu bayo bari kugarura amahoro muri Centrafrique, ko abasirikare bayo bataciwe intege nabyo ahubwo ko bakomeza akazi kabajyanye.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 13, Mutarama, 2021 nibwo abarwanyi bo muri kiriya gihugu bateye ingabo z’u Rwanda bicamo umusirikare umwe.

Itangazo Minisiteri y’ingabo yatangaje rivuga ko ingabo z’u Rwanda zababajwe n’urupfu rw’uriya musirikare batatangaje izina, ariko yemeza ko abasirikare bayo bari muri Centrafrique batazatezuka ku ntego yabajyanye.

Itangazo rya Minisiteri y’ingabo rigira riti: “Ingabo z’u Rwanda zibabajwe cyane n’urupfu rw’umwe mu basirikare bazo bagiye kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique mu kitwa Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA. Yaguye mu gitero abarwanyi badashaka amahoro mu gihugu cyabo bagabye ku ngabo zacu tariki 13, Mutarama, 2021. RDF yihanganishije abo mu muryango we n’inshuti ze. RDF kandi iracyakomye ku mugambi wayijyanye muri kiriya gihugu wo kugarura amahoro ku nyungu z’abasivili kandi ibikora mu mabwiriza ya MINUSCA ndetse no mu kandi kazi aho ingabo zoherejwe hose.”

Ubuyobozi bwa MINUSCA bwamaganye kiriya gitero.

Abarwanyi bibumbiye mu mutwe udashaka ubutegetsi bwa Faustin-Archange Touadéra bagabye igitero mu birindiro by’ingabo z’u Rwanda biri hafi mu nkengero za Bangui.

Bakigabye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 13, Mutarama, 2021.

Umugabo witwa François Bozizé niwe ushinjwa guteza umutekano muke muri kiriya gihugu nyuma y’uko kandidatire ye yanzwe na Komisiyo y’igihugu y’Amatora.

 

TAGGED:BozizeCentrafriquefeaturedIngaboRDFTouaderaUmusirikare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Icyamamare Ukubaka Rugakomera Si Ibya Bose, Hari Abo Byananiye Mu Rwanda
Next Article Ingabo z’urwanda zanditse amateka kurwego mpuzamahanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?