RDF Ivuga Ko Ingabo Za DRC Zarashe Mu Rwanda

Ingabo z’u Rwanda zasabye Urwego rushinzwe kureba uko amahoro acungwa mu karere ku Rwanda rurimo Expanded Joint Verification Mechanism  kugenzura kandi rugatangariza u Rwanda ibyavuye mu iperereza ku mpamvu hari ibisasu ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zarashe mu Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 24, Gicurasi, 2022 hari ibisasu bivugwa bwarashwe n’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo byaguye mu Rwanda mu mirenge ya Kinigi na Nyange mu Karere ka Musanze no mu Murenga wa Gahunga mu Karere ka  Burera.

Itangazo ry’ingabo z’u Rwanda rivuga ko biriya bisasu hari abantu byakomerekeje byangiza inzu n’ibindi bikorwa remezo.

U Rwanda rurasaba ko hakorwa iperereza kuri iki kibazo

Icyakora hari amakuru Taarifa yahawe n’umuturage avuga ko hari umukobwa wahitanywe na  biriya bisasu.

- Advertisement -

Ikindi twamenye ni uko hari igisasu cyaguye mu rugo rw’umucuruzi ufite akabari muri kariya gace.

Hari andi makuru avuga ko hari n’umukowa witwa Vestine igisasu cyaciye ukuguru.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version