Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rebecca Kadaga Ntakiyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Rebecca Kadaga Ntakiyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2021 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amatora y’Umukuru w’Inteko ishinga amategeko ya Uganda aheruka kuba yarangiye uwari usanzwe ayiyobora Madamu Rebecca Kadaga atsinzwe. Ubu irayoborwa na Jacob Oulanyah.

Ariya matora yabereye mu Nteko rusange yateranye ku wa Kabiri 25, Gicurasi, 2021 yari yitabiriwe n’abayigize bose ndetse hari na Perezida Museveni ubwe, ariba uko ari gukorwa.

Bwana Jacob Oulanyah afite imyaka 56 y’amavuko akaba yari amaze imyaka icumi yungirije Madamu Kadaga mu kazi.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, aba bayobozi bombi bari bamaze imyaka runaka batumvikana kuko Madaga yashinjaga Oulanyah gusiba akazi uko yishakiye kandi ntiyumvire amabwiriza yamuhaga nk’umuyobora mu kazi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byageze n’aho Kadaga atamwemera kuyobora zimwe mu nteko rusange harimo n’iyateranye ku nshuro ya 10 mu gihe gishize.

Iyi mikoranire kandi yaje gutuma mu Nteko ishinga amategeko ya Uganda havuka ibice bibiri, buri gice giharanira ko ari cyo cyagira ijambo mu mirimo y’Inteko.

Bombi ni abayoboke b’Ishyaka riri ku butegetsi, National Resistance Movement (NRM).

Uyu mwuka mubi waje gutuma Komite nshingwabikorwa ya NRM iterana kugira ngo ihitemo uwayobora iriya Nteko mu rwego rwo kwanga ko iriya ntambara y’amagambo yazakoma mu nkokora imirimo y’Inteko ishinga amategeko ya Uganda.

Jacob Oulanyah

Ibi kandi byari bugire ingaruka ku mikorere yose y’ubutegetsi bwa Uganda kubera ko na Perezida Museveni wari uherutse gutorerwa kongera kuyobora Uganda yari buhure n’ikibazo cyo kumenya uko akorana n’Inteko ifite abayobozi batumvikana.

- Advertisement -

Amatora yabaye rero yarangiye Oulanyah afite amajwi 310, Rebecca Kadaga afite 197 n’aho Ibrahim Ssemujju wo mu ishyaka ritavuga rumwe na Leta afite amajwi 16.

Ubu haribazwa uko ubuzima bwa Politiki bwa Kadaga buri bugende.

Nta wamenya niba Perezida Museveni azamushyira mu bagize Guverinoma nshya ari hafi gutangaza cyangwa niba Madamu Kadaga azava muri Politiki ya Uganda akikorera ku giti cye cyangwa akajya mu kazi k’ibigo mpuzamahanga.

Hari n’abemeza ko ibye bishobora kuzaba bibi.

Amakuru avuga ko Madamu Kadaga yahisemo kwiyamamaza wenyine, akabikora kubera ko ngo yasuzuguye ubuyobozi bw’ishyaka NRM.

Bivugwa ko Abadepite bahisemo gutora Oulanyah aho kongera gutora Kadaga kubera imyitwarire yagaragazaga mu ishyaka rya NRM iri k’ubutegetsi ari naryo ryamutanzeho umukandida.

Kadaga ari mu mazi abira kuko mu ishyaka, NRM  nta maboko asigaranye, benshi bamushinja gusuzugura abayobozi kugeza no kuri Perezida  Museveni.

Rebecca Alitwala Kadaga yabaye Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Uganda guhera mu mwaka wa 2011.

Icyo gihe yari asimbuye Bwana Edward Ssekandi.

Kimwe mu bintu azibukirwaho mu kazi amazemo  imyaka myinshi akora ni icyemezo cyo gutora itegeko rihana ryihanukiriye abatinganyi ryiswe Uganda Anti-Homosexuality Bill.

Ryatowe mu Ukuboza, 2021.

Iri tegeko ryateje sakwe sakwe muri Uganda no mu bihugu bya Amerika n’u Burayi bishyigikiye ababana bahuje ibitsina.

Ryari rikomeye kuko ryavugaga ko abo urukiko ruzahamya ko babana bahuje ibitsina kandi bikaba bitemewe mu mategeko ya Uganda bazahanishwa ‘gufungwa burundu cyangwa urupfu.’

Icyo gihe Rebecca Kadaga yavuze ko ririya tegeko rigomba gutorwa ‘kuko abaturage ba Uganda benshi barishyigikiye’

Ryaje kuvanwaho nyuma y’igitutu cy’Amerika n’ibindi bihugu by’i Burayi.

TAGGED:featuredIntekoKadagaOulanyahUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rugamba Rwo Kugeza Imboga N’Imbuto Ku Bakiriya, Hari Abafite Umwihariko
Next Article Abishwe N’Iruka Rya Nyiragongo Bamaze Kuba 31
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?