Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: REG Ishinja Abakozi Bayo Kuyiba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

REG Ishinja Abakozi Bayo Kuyiba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2021 4:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu( REG) Bwana Ron Wiess avuga ko hari bamwe mu bakozi b’Ikigo ayobora bakorana n’abajura bakacyiba ibikoresho birimo intsinga n’ibindi.

Yabivuze nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha( RIB) cyeretse itangazamakuru abagabo batanu n’umugore umwe rwafashe rubakekaho uruhare mu kwiba ibikoresho bya REG birimo intsinga n’ibindi.

Bwa Weiss avuga ko bariya bakozi bafashwe na Polisi ifatanyije na RIB kuko bari bibye ikigo ayobora ibizingo by’intsinga n’ibindi bikoresho bifite agaciro ka Miliyoni 50 Frw.

 Babigenje bate?

Umwe mu bafashwe avuga ko hari abantu bajyaga bamusaba kuza kubapakirira intsinda akazijyana mu turere dutandukanye harimo aka Gatsibo n’Akarere ka Ngoma.

Avuga ko yari amaze kumenyakana kuko abantu bamurangiraga abandi ngo baze bamuhe ikiraka.

Ngo yari yaramamaye kuko yatangaga serivisi neza ariko akavuga ko atari azi ko izo ntsinga zari injurano.

Umwe mu bafashwe yari asanzwe ari umukozi wa REG ushinzwe gutwara intsinga azivana mu bubiko azijyana ahantu runaka bamutumye.

Ngo umunsi umwe umugabo witwa Amani ukora muri REG ari nawe ushinzwe icyumba kibikwamo intsinga yamusabye ko nava i Rwamagana gutanga intsinga aza guca ku muntu akamuha izindi ntsinga, akavuga ko yabikoze kuko ngo uwo Amani wari umukuriye mu kazi yari yabimusabye amubwira ko uwo muzingo w’intsinga nawugeze kuri uwo muntu ari bumugurire ka Fanta.

Ibikoresho bavugwaho kwiba ngo bifite agaciro ka Miliyoni 50 Frw

Mu magambo wumvikanamo kutagira ingingimira ku mutima, yabwiye itangazamakuru ko yabikoze kuko yari abisabwe n’umukoresha we.

Ati: “ Njye rwose icyo nemera ni uko ntagize amakenga nkajyana intsinga ntabanje gushishoza. Numviye umukoresha wanjye angusha mu cyaha ariko ndabisabira imbabazi.”

RIB isaba abantu kwirinda kwangiza ibikoresho bifitiye bose akamaro…

Dr Thierry B. Murangira avuga ko bariya bantu bajyaga kwiba biyise abakozi ba REG bakagenda bambaye utwenda turanga abakozi ba REG bakajya ahantu bazi ko habikwa ibikoresho bya REG bakabwira abahakora ko ari abakozi ba REG bazanywe no gupakira ibikoresho runaka ngo babijyane ahantu bikenewe.

Yemeza ko bafataga imodoka iteye nk’iya REG bakagenda bayirimo bambaye iriya myenda bityo aho bagiye gutekera umutwe ntibashobore gutahura ko baje kubatekera umutwe.

Dr Murangira yasabye Abanyarwanda kwirinda ibyaha birimo na kiriya cyo gushakira inyungu mu bintu bifitiye abaturage benshi inyungu.

Yavuze kandi ko hari abandi bagishakishwa kuko bari muri uriya mugambi.

Abafashwe bafatiwe mu Karere ka Musanze n’Akarere ka Gasabo.

 

TAGGED:featuredGasaboIntsingaMurangiraMusanzeREGRIBWeiss
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bakangishije Abantu Imbunda Z’Ibipupe Babiba Amafaranga( Frw) Menshi
Next Article Umusaza Habyarimana Joseph Wiswe ‘Hakiyamungu’ Yaratiye Min Gatabazi Ibyo Bagezeho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

DRC: Inzu Z’Abapolisi Zahawe Inkongi

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

Maduro N’Umugore We Bagejejwe Muri Gereza Ya Amerika

Ingabo z’Uburundi Ziracyari Muri Congo- Réverien Ndikuriyo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Abana Bagiye Gutozwa Guhesha Agaciro Imbyino Gakondo Nyarwanda

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Wa Venezuela Yashimuswe Na Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?