Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Repubulika Ya Dominikani: Abantu 98 Bapfiriye Mu Kabyiniro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Repubulika Ya Dominikani: Abantu 98 Bapfiriye Mu Kabyiniro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2025 10:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Repubulia ya Dominikani ituwe n'abantu barenga Miliyoni 11.
SHARE

Ibyari ibyishimo no kwidagadura byahindutse imiborogo ubwo igisenge cya kamwe mu tubyiniro two mu Murwa mukuru wa Repubulika ya Dominikani cyagwiraga abantu, abagera kuri 98 bagapfa abandi 150 bagakomereka.

Umurwa mukuru w’iki gihugu witwa Santo Domingo, kikaba igihugu giherereye mu Majyaruguru y’Umugabane w’Amerika mu Nyanja ya Caribbea.

Ibi byago byabaye ahagana saa saba z’ijoro uyu wa Kabiri ubwo abantu bari baje mu kabyiniro ngo bumve umuziki w’umwe mu bahanzi bakomeye bo muri iki gihugu witwa Rubby Pérez wari waje kubataramira mu kabyiniro kitwa Jet Set Nightclub.

Uyu muhanzi nawe ari mu bahasize ubuzima.

Nyuma y’ibi byago, abatabazi baracyakomeje gushakisha niba hari ababa bagihumeka ngo bakurwe hejuru y’inkuta zabagwiriye.

Umuyobozi w’ikigo cya Repubulika ya Dominikani gishinzwe ubutabazi kitwa Emergency Operations Centre (COE), Juan Manuel Méndez, avuga ko hari icyizere ko hari benshi mu bagwiriwe na biriya bikuta bagihumeka.

BBC yanditse ko mu bantu bari bari muri kiriya gitaramo harimo abanyapolitiki, abakinnyi n’abandi bantu bazwi muri kiriya gihugu.

🇩🇴 Dominican Republic. At least 13 people were killed, dozens of people were buried under rubble, and hundreds were injured as a result of the collapse of the Jet Set nightclub during a Ruby Perez concert. pic.twitter.com/CraMD8SQl1

— Pisklauren (@pisklauren) April 8, 2025

Umwe mu banyapolitiki wari uhari  akaba yahasize ubuzima ni Guverineri w’Intara ya Monte Cristi witwa Nelsy Cruz, akaba mushiki w’umwe mu bakinnyi bakomeye bamenyekanye muri kiriya gihugu witwa Nelson Cruz.

Imwe muri videos zafatiwe imbere muri kariya kabyiniro yumvikanisha ijwi ry’umuntu utaka ko hari ikintu kigwiriye bagenzi be.

Umwe mu bafashaga umuhanzi Rubby Pérez kuririmba yabwiye abanyamakuru ko ubwo kiriya cyago cyababagaho, icyumba cyose cyari cyuzuye abafana.

Perezida wa Repubulika ya Dominikani witwa Abinader yihanganishije imiryango yaburiye ababo muri ibi byago.

TAGGED:AkabyiniroDominikaniRepubulikaUmuhanziUmuzikiUrukuta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twemera Ko Abanyarwanda Bamaze Kwemera Kubana Neza- PM Ngirente
Next Article 2024: Abasuye u Rwanda Barwinjirije Miliyoni $579.5 Binyuze Mu Guhaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?