Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RGB Yahaye Sosiyete Sivile Umuburo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RGB Yahaye Sosiyete Sivile Umuburo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 February 2024 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda rwasabye Sosiyete Sivile kuba maso ikamenya niba amafaranga ihabwa adakomoka ku bikorwa by’iterabwoba n’ubundi bugizi bwa nabi.

Amafaranga nkayo ashobora kuba ahabwa ibigo bya Sosiyete sivile mu rwego rw’iyezandonke, iki kikaba ari ikintu gihanwa n’amategeko y’u Rwanda.

Mu mwaka wa 2023, RGB yarashakashatse iza gusanga hari amafaranga menshi imiryango igize sosiyete sivile agashyirwa mu gufasha abakene.

Ubwo bushakashatsi babwise “Rwanda Civil Society Barometer(RCSB)” bwatangajwe kuwa Gatatu tariki 28, Gashyantare 2024.

Sosiyete Sivile y’u Rwanda ishimirwa uruhare mu gutanga inkunga ku batishoboye ku rugero rungana na 50.2%, mu burezi imibare iri kuri 37.8%, ikaba yunganira ubuzima ku rugero rungana na 28.6%, mu gihe mu buhinzi ifitemo uruhare rwa 13.8%.

Ibi byose bigira uruhare mu gufasha abaturage kugira imibereho myiza harimo gufasha abatishoboye no mu burezi aho 60% by’amashuri ari mu biganza by’imiryango ishingiye ku kwemera.

Ku rundi ruhande, RGB isaba Sosiyete Sivile kwiga uko yashora no mu bindi byiciro by’imibereho y’abaturage harimo ubuhinzi, kurengera ibidukikije, imiyoborere, gutanga amazi n’isuku n’isukura.

Sosiyete Sivile y’u Rwanda kandi isabwa  kugaragaza uruhare mu ihangwa ry’imirimo ku rubyiruko, gutanga ingufu, guteza imbere ikoranabuhanga, gutwara abantu n’ibintu no gufasha mu iterambere ry’imiturire mu mijyi no mu cyaro.

N’ubwo Sosiyete Sivile isabwa kugira uruhare muri izi gahunda zose, isabwa no kureba niba amafaranga ikoresha atari iyezandoke.

Dr Usta Kaitesi uyobora RGB  yabwiye abagize Sosiyete Sivile  ati: “  Icyo inzego ziyobora iyi miryango zisabwa ni ukumenya aho amafaranga aturuka, kumenya uwayabaye uwo ari we, icyo akora n’uko yaje kugira ngo abagereho.”

Dr Kaitesi asaba kandi abagize Sosiyete Sivile n’abo baha amafaranga, cyane cyane imiryango ishingiye ku kwemera, kubahiriza amategeko y’itangwa ry’akazi n’amasoko no mu ikoreshwa ry’imari yabo mu rwego rwo gukumira ruswa.

Ati: “ Ibyo gukurikirana amafaranga aza bigaragaramo ibyuho.  Icyo tubasaba ni ukunoza imikorere, bakorera Abanyarwanda benshi(60% by’amashuri ari mu biganza byabo), umuntu ufite ubuzima bw’Abanyarwanda kuri icyo kigero akwiye kunoza imikorere ye n’imikoranire n’abandi”.

Ubushakashatsi bwa RGB bwagaragaje  ko muri Sosiyete Sivile nyarwanda ruswa iri ku rugero rungana na 33.5%, mu gihe mu miryango mpuzamahanga itari iya Leta ho iri ku rugero rwa 20%.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta mu Rwanda, Dr Joseph Ryarasa, yemera ko hari ibigo birimo ruswa, akavuga ko Abanyarwanda bose bakwiye kwigishwa gukorera mu mucyo bahereye mu miryango.

Dr Ryarasa ati: “Ubu ni ubushakashatsi twakwifashisha mu kwisuzuma. Icyo tugiye gukora ni ukwegera abafatanyabikorwa na bo bagatanga inama bagaragaza ahakwiye gushyirwa imbaraga”.

TAGGED:featuredImiyoborereKaitesiSivileSosiyeteUsta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amashusho Y’Uko Ukekwaho Jenoside Yakorewe Abatutsi Yihishahisha Muri Australia
Next Article Ubufatanye Ni Rimwe Mu Mabanga Agejeje u Rwanda Ku Iterambere- ACP Rutikanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?