Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Ivuga Ko Muvunyi Paul Akurikiranyweho ‘GUHIMBA SINYA’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Ivuga Ko Muvunyi Paul Akurikiranyweho ‘GUHIMBA SINYA’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2020 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko dusohoye inkuru ivuga ku iperereza twakoze ku cyatumye ubugenzacyaha bufunga umunyemari Paul Muvunyi, RIB yatubwiye ko akurikiranyweho guhimba sinya (signature, impapuro mpimbano) y’umwe mu bazungura kugira ngo abone kiriya kibanza.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry Murangira, yatubwiye ko: “Paul Muvunyi na bagenzi be bakurikiranyweho GUKORESHA INYANDIKO MPIMPANO, yifashishije asaba guhabwa icyangombwa cy’ubutaka (acquisition of Land Title).”

RIB ivuga ko nta sano icyaha imukurikiranyeho gifitanye n’amakimbirane ashingiye ku manza amaze mo imyaka aburana na Horizon  SOPYRWA LTD  n’Ingabo z’u Rwanda.

Muvunyi arakekwaho guhimba sinya yiyita umwe muri banyiri ubutaka kugira ngo abone uko ahinduza amazina mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubutaka kitwa, Rwanda  Land Management And Use Authority.

Yaje guhabwa ibyangombwa aba nyiri ubutaka ariko nyuma abakozi b’iki kigo cy’igihugu gishinzwe ubutaka baza guhagarika ibyangombwa bye banatanga ikirego muri RIB  bavuga ko hari ibigaragaramo ko yahimbye basaba ko akurikiranwa. RIB  nayo yatangiye kubikoraho iperereza.

Muri iri perereza nibwo hari abandi bantu batatu bakekwaho uruhare, ubu bakaba bari kubikorerwaho iperereza.

Ku byerekeye (Rtd) Col. Eugene Ruzibiza, RIB yatubwiye ko akekwaho uruhare mu byo Muvunyi yakoze ari nabyo akurikiranyeho nk’icyaha.

Amakuru twari twahawe n’uko (Rtd)  Col Ruzibiza yarangiye Muvunyi buriya butaka.

Ikibanza giherereye mu Murenge wa Bwishyura mu Kagari ka Gasura mu Karere ka Karongi.

Urwego rw’Ubugenzacyaha rwahinyuje ko nta sano iri hagati y’icyaha rumukurikiranyeho n’amakimbirane amazemo imyaka afitanye na Horizon SOPYRWA LTD.

Taarifa yabajije Espérance Mukamana uyobora Ikigo k’igihugu gishinzwe ubutaka uburyo bamenye ko mu nyandiko Muvunyi yabahaye harimo iziriho umukono w’impimbano.

Madamu Esperance Mukamana uyobora Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutakaYanze kugira icyo abitangazaho.

Yagize ati: “Nta kintu twabatangariza tutaravugana na RIB kuko niyo ibitwemerera. Ni umufatanyabikorwa mu maperereza menshi dukora, buriya nibabitwemerera tuzabamenyesha.”

Kuri uyu wa 27, Ukuboza, 2020 Dr. Murangira yatubwiye ko dosiye ya Muvunyi izagezwa mu bushinjacyaha bidatinze.

Ikibanza Paul Muvunyi avugwaho gutekenikira inyandiko yakiguze muri 2013, akigura Miliyoni 2 Frw.

Yakiguze n’umuryango urimo umusore witwa Félicien Kayishema[uyu arafunzwe] na mushiki we witwa Annonciate Mukangamije.

Giherereye mu  murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi mu Ntara y’i Burengerazuba.

TAGGED:featuredKarongiMukamanaMurangiraMuvunyiRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyabugogo abajya kurira noheri mucyaro nabuze uko bataha bamwe baharaye
Next Article Gisagara: Gitifu ukekwaho kwica umwana, hari abavuga ko yagiraga imico myiza
1 Comment
  • Katsibwenene says:
    29 December 2020 at 2:49 am

    Ushaka kukurya ntabura imboga akurisha. Yaraguze se ajya guhimba isinya muri Land? None se niba yarayihimbiye muri Land center abamugurishije ikibanza bajemo bate ?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?