Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Ivugwaho Kudakurikirana Bamwe Mubibasira Abandi Kuri Twitter
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Ivugwaho Kudakurikirana Bamwe Mubibasira Abandi Kuri Twitter

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2022 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu banyamakuru wari uri mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyateguwe n’Ihuriro ry’abanyamakuru b’abagore n’abandi bafatanyabikorwa yabajije uwari uhagaririye Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha impamvu hari abo rudakurikirana kandi bibasira abandi kuri Twitter .

Uwo munyamakuru witwa Alexis Ngarambe yavuze ko abantu bibasirwa kuri Twitter ari abatanga ibitekerezo bidahuje n’ibyo umuyobozi mukuru runaka  cyangwa Urwego rwa Leta rutambukijeho.

Yamubajije niba hari abantu uru rwego rutinya.

Uyu munyamakuru yavuze ko hari itsinda ry’abarwanyi barwanirira Leta( yabise political warriors) bahora bari maso biteguye gutuka (abuser, cyber bullying) umuntu uwo ari we wese uvuze ibidahuye n’ibyo Leta ishaka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri we, kuba bariya bantu badakurikiranwa ntibikwiye.

Umukozi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha witwa Shema wari uri muri kiriya kiganiro kandi aruhagarariye, yavuze ko abo bantu bavugwa atabazi, ahubwo ko iyo hari abo bagaragayeho ko babikoze, bagirwa inama.

Shema wari uhagarariye RIB muri iki gikorwa

Ati: “ Muri rusange umuntu wese ugaragayeho kwibasira undi ku mbuga nkoranyambaga abikurikiranwaho cyangwa agahamagarwa akagirwa inama.”

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Dr Thierry B. Murangira yigeze kubwira Taarifa ko kuba umuntu yajora ibyo Umukuru w’Igihugu cyangwa undi muyobozi mukuru yavuze ‘ubwabyo bitagize icyaha.’

Icyo gihe yavugaga ku byavugwaga  ko umusizi Bahati yaba yaraburiwe irengero kubera ko Leta yamurigishije imuziza kujora ibitagenda neza mu Rwanda.

- Advertisement -

Dr Thierry B. Murangira yagize ati: “…Ntacyo nzi yaba yarakoze ariko abaye yaranabikoze simbona ko byaba bigize icyaha.  Hari abantu benshi mu Rwanda bajora Leta kandi ntibakurikiranwe. Ni uburenganzira bahabwa n’Itegeko nshinga bwo kuvuga ibyo babona bitagenda neza mu mikorere ya Guverinoma.”

Raporo yasohowe n’Ikigo gishinzwe ishyirwa mu bikorwa by’amahame y’uburinganire, Gender Monitoring Office, mu mwaka 2019 yerekanye ko uruhare abagore bakiri bacye kandi n’abari mu itangazamakuru ntibari mu myanya ikomeye.

Iriya raporo yerekana ko n’ubwo abagore n’abakobwa ari bacye muri uyu mwuga, bitabuza ko bahohoterwa.

Ikibazo kiremereye kurushaho ni uko nabo babiceceka.

Iryo hohotera bakorerwa kuri murandasi abahanga baryita Cybersexism cyangwa cybermisogyny.

Imwe mu mpamvu zituma ihohoterwa rikorera kuri murandasi riba ikibazo ni uko uwibasirwa aba atazi, atareba umwibasira wenda ngo babe baganira amubaze icyo amuziza.

Ibi rero bishobora gutuma uwibasiwe ahorana ubwoba cyane cyane ko hari ubwo uwibasira undi ashobora kuba amuzi, baturanye cyangwa azi iyo ataha.

Iyi ni imwe mu mpamvu ihuriro ry’abanyamakuru b’abagore n’abakobwa , ARFEM, rivuga ko ryateguye insanganyamatsiko ryise Safety Online, spotlight on female journalists in Rwanda.

Ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu taliki 06, Gicurasi, 2022 byari byahuje n’abandi bakora mu nzego z’uburenganzira bwa muntu, abakora politiki( RGB), ubugenzacyaha n’abandi

Abitabiriye iriya nama bunguranye ibitekerezo by’uko ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa muri rusange n’abakora itangazamakuru by’umwihariko bakwirinda kujya bibasirwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ariko byaramuka bibaye bikamenyeshwa inzego hakiri kare.

Emmaule Rushingabigwi wo muri RGB
Ingabire Bibio
Madamu Rose Rwabuhihi uyibora Rwanda Gender Monitoring Office
Mutesi Scovia nawe yagize igitekerezo ahatanga
TAGGED:AbagorefeaturedItangazamakuruRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Massamba na Melodie Bagiye Gukorera Indirimbo Muri Norvège
Next Article Minisitiri W’Umutekano Mu Gihugu Yabwiye Ab’i Rusizi Umwanzi Wabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?