Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafashe Abakekwaho Kwiba Imodoka Bari Barakodesheje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

RIB Yafashe Abakekwaho Kwiba Imodoka Bari Barakodesheje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2024 2:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, bweretse itangazamakuru abantu batandatu bakekwaho kwiba imodoka bari bakodesheje ba nyirazo.

Abo basore uko ari batandatu bavugwaho gukodesha imodoka na ba nyirazo babasezeranya ko bazazikoresha ibintu runaka bakazibasubiza.

Birumvikana ko muri uko gukodesha bagombaga kugira amafaranga bagenera ba nyirazo.

Aho kugira ngo ibikubiye mu masezerano yo kuzikodesha ari byo bikurikizwa, Ubugenzacyaha buvuga ko abo bwafashe bazikoresheje mu bintu bigize ibyaha birimo no kuzigurisha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyaha gito mu byo bakurikiranyweho kigahanishwa imyaka ibiri mu gihe igihanishwa igihano kirekire ari imyaka 10.

Abo bantu baravugwaho no guhindura ibyangombwa by’izo modoka

Umwe mu bibwe imodoka yo mu bwoko bwa RAV 4 Toyota witwa Masengesho yabwiye Taarifa ko imodoka ye yayikodesheje umuntu iza kubura atungurwa kandi ashimishwa no kubona RIB imuhamagaye imubwira ko imodoka ye yafashwe.

Byaramushimishije kuko yari amaze iminsi itatu atazi aho uwamukodesheje yarengeye n’imodoka ye.

Ati: “Imodoka yanjye yafatiwe mu Karere ka Nyamagabe ariko ndashima RIB ko yafashe hakiri kare”.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Dr. Thierry B. Murangira asaba abantu kujya bagira amakenga ntibahe abandi imodoka zabo cyangwa ikindi gikoresho cy’agaciro batabanje gushishoza.

- Advertisement -

Abishingira ku ngingo y’uko abagenzacyaha bagiye basanga abari bafite izo modoka bari bafite nibyangombwa by’ibihimbano biriho amazina atari ayabo.

Bamwe mu bafashwe biyitaga amazina atari ayabo kugira ngo bahabwe imodoka na runaka ndetse ngo bari bariganye irangamuntu yabo bayishyiraho amazina atari ay’abo.

Murangira avuga ko abafatashwe izo modoka bajyaga kuzigurisha, imwe ikaba yari ifite agaciro kari hagati ya Miliyoni Frw 10 na Miliyoni Frw 20.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Dr. Thierry B. Murangira

Avuga ko abaziguze bihombeye kuko baziguze n’abantu batabaho hashingiwe ku ngingo y’uko amazina yabo nyakuri atari yo.

Ba nyirazo barareze ubugenzacyaha burakurikirana bufatamo enye n’abantu batandatu bakekwaho uruhare muri ubwo bujura.

Aba bafashwe bakoreshaga amayeri atandukanye arimo kugirana amasezerano y’ubukode bw’imodoka na banyirazo, nyuma bo bagahita bazikorera ibyangombwa bihimbano kugira ngo babone uko bazigurisha mu turere dutandukanye tw’igihugu.

Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo za RIB za Nyamirambo na Nyarugenge, mu gihe dosiye zabo zagejejwe mu bushinjacyaha.

RIB isaba abakodesha n’abagura imodoka kugira amakenga bakabanza gushishoza mbere yo gukodesha cyangwa kugura imodoka zakoze.

TAGGED:AbajurafeaturedGukodeshaimodokaMurangiraRwandaUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Kugabanuka K’Umusaruro W’Ikawa Biri Guhombya Leta
Next Article Ivangura Ry’Uruhu Rituma Abanyasudani Bahunze Intambara Bicwa N’Inzara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?