Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafashe Abashakaga Kugurisha Ubutaka Bw’Undi Bamwiyitiriye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yafashe Abashakaga Kugurisha Ubutaka Bw’Undi Bamwiyitiriye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2024 8:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
RIB isaba abantu kwirindira utwabo bataratubacucura.
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha rweretse itangazamakuru abantu ruvuga ko bashakaga kugurisha ubutaka bw’undi bamwiyitiriye.

Aberetswe itangazamakuru bafashwe nyuma y’uko tariki 04, Ukuboza, 2024 hari abandi bagabo batatu bafatiwe mu bikorwa byo kugurisha ubutaka butari ubwabo.

Nyuma yabo RIB yakomeje iperereza, iza kumenya ko hari abandi bashakaga kugurisha ubutaka kandi umwe muri bo nta ruhare abufiteho.

Haje gufatwa Kayiranga Callixte na Aline Kayirebwa.

Taarifa Rwanda yamenye ko Kayiranga afite umugore w’isezerano uba muri Canada, hanyuma aza gucura umugambi afatanyije n’umugore witwa Kayirebwa wo kugurisha ubutaka bwanditse kuri Kayiranga n’umugore we w’isezerano asimbuwe n’uwo Kayirebwa.

Bafashe indangamuntu y’umugore w’izeserano bashyiraho ifoto ya Kayirebwa.

Nyuma bagurishije ubutaka kuri Frw 24,000,000.

Ubugenzacyaha bwaje kubimenya barafatwa, hagaruzwa Frw 9,800,000 na $ 5,000.

Bari bayigurishije Miliyoni Frw 24

Isambu bagurishije ku mahugub iherereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jabana, Akagari ka Kabuye mu Mudugudu wa Tetero.

Abafashwe bahise bafungirwa kuri Station ya RIB ya Rusororo mu gihe dosiye yabo yari iri gukorwa ngo yohererezwe Ubushinjacyaha kandi byarabaye nabwo nabwo buyiregera Urukiko tariki ya 16, Ukuboza, 2024.

Ubugenzacyaha buvuga ko abo bantu bakurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano, gukoresha umutungo w’urugo mu buryo bw’uburiganya no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Ibi byaha bikagenerwa igihano cy’igifungo cyiri hagati y’imaka ibiri n’irindwi.

Ikindi baregwa ni uguhimba inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, icyaha giteganwa n’ingingo ya 276 y’Itegeko N068/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igihano cy’uhamwe n’iki cyaha ahanishwa igifungo kuva ku myaka itanu n’irindwi n’ihazabu kuva kuri miliyoni Frw 3 na miliyoni Frw 7 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Bakurikiranyweho kandi gukoresha umutungo w’urugo ku buryo bw’uburiganya, icyaha giteganwa n’ingingo ya 150 y’itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igihano kuwo cyahamye ni igifungo kiva ku mezi atatu ariko kitageze ku mezi atandatu.

Umuvugizi wa RIB Dr. Thierry B. Murangira asaba ba noteri basinyira abantu bahererekanya ubutaka kujya bagira amakenga.

Ati: “Turabagira inama yo kujya bagira amakenga igihe cyose bagiye gukora akazi kabo ka Notaria cyangwa guhererekanya ubutaka (transfer of land title) kuko muri ino minsi hari abatekamutwe baza mu ngeri zitandukanye”.

Murangira asaba abagura iyo mitungo kujya babanza gushishoza mbere yo kwishyura.

RIB yafashe na ba noteri
Bavuga ko batazongera kwishora mu byaha
Bashatse kwihesha ikintu cy’undi

 

TAGGED:featuredIsambuMurangiraRIBRwandaUmurima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukungu Bw’u Rwanda Bukomeje Kuzamuka
Next Article Muhoozi Arashaka Kurasa Abacanshuro Bo Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?