Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafashe Abayiyitirira Bakaka Abantu Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

RIB Yafashe Abayiyitirira Bakaka Abantu Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 March 2025 12:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rweretse itangazamakuru abagore babiri(ku ifoto babanza ibumoso) bakoranaga n’umugabo ugishakishwa ruvuga ko biyitaga abakozi barwo bakaka abantu ruswa ngo babafungurize ababo.

Bashukaga abantu biyita abakozi ba RIB bakabaka amafaranga ngo bazabafungurize ababo.

Dr. Murangira uvugira RIB avuga ko umugabo wakoranaga n’abo bagore witwa Jean Claude Siborurema agishakishwa.

Dr. Thierry Murangira uvugira RIB

Babikoraga bate?

Umugore witwa Beatrice Mukahabimana niwe wahamagaraga abantu runaka yamenye ko bafite ababo bafunzwe, akabahamagara ababwira ko yamenye ibibazo bafitanye n’ubutabera ariko ko yabibafashamo.

Yumvishaga ufite uwe ko icyaha uwo muntu akurikiranyeho gikomeye ariko ko yamufasha akarekurwa ariko nawe ‘akibwiriza’.

Mu kiganiro bagiranaga, yamubwiraga ko bazahurira kuri station runaka, undi akumva ko koko ari byo.
Yarazaga yagera kuri station, wa mugore akamuhamagara, amubwira ko yaba amutegereje gato kuko hari ibyo agihugiyemo.

Mu kanya gato, yarongeraga akamuhamagara, akumubwira ko aho kumutinza yaba amwoherereje ingano runaka y’amafaranga bagaciririkanya.

Iyo uwatswe amafaranga yayatangaga bitagoranye, uwiyitaga Umukozi wa RIB yabwiraga uwo muntu ko na Komanda wa Station ashaka ‘aye’.

Mu kwakwa amafaranga, hari uwabonaga ko bari kumutekera umutwe akabibabwira abandi bakamubwira ko ibyo ntacyo byamumarira kuko nawe yatanze ruswa.

Gusa Murangira avuga ko hari bamwe banze ko ubwo butekamutwe bwakomeza babibwira RIB.

Amafaranga yatangwaga kuri MoMo y’uwitwa Scholastique Uwase, akabikuzwa n’umu Agent wa MTN nawe wafashwe witwa Claudine Niyigena.

Kubera ko baba bazi ko ibyo ari ubujura, abo bantu bihutira kuyabikuza.

Umuvugizi wa RIB avuga ikibabaje ari uko ubwo butekamutwe butuma urwo rwego rujyaho icyasha.

Ati: ” Umuntu ubuze aye atangira kumva ko RIB irya ruswa. Abantu bakwiye kumenya no kuzirikana ko ubutabera butagurwa. Abantu biyitirira inzego tugomba kubarwanya”.

Ubugenzacyaha busaba abaturage kugira amakenga, bagashishoza.

Abafashwe bari bamaze kuriganya abantu Miliyoni Frw 1.7

TAGGED:featuredMurangira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Syria: Igihugu Gishobora Kujya Mu Icuraburindi
Next Article Abanyamulenge Baratakambira Isi Kubera Ubwicanyi Bakorerwa Na DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?