Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafunze Abayoboke Bane Ba ADEPR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yafunze Abayoboke Bane Ba ADEPR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2023 6:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha bwataye muri yombi abagabo bane barimo abapasiteri babiri, bose bakaba bakurikiranyweho impapuro mpimbano. Bose ni abayoboke b’itorero ADEPR.

Abo bafunzwe ni Pasiteri Frodouard Karamuka, Pasiteri Mazimpaka Olivier, umuvugabutumwa Ezechiel Rwamakuba n’Umukirisitu witwa Janvier Nubaha.

Bose bafashwe taliki ya 27, Ugushyingo, 2023, bacyekwaho ibyaha byo guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano no kuba icyitso kuri icyo cyaha.

Ubugenzacyaha buvuga ko ibyaha bakekwaho babikoze ubwo  bahimbaga urutonde rw’abayoboke ba ADEPR bagashyiraho imikono y’impimbano basaba ko UMUYOBOZI MUKURU w’Itorero rya ADEPR yeguzwa.

Mu ibazwa ry’ibanze, Rwamakuba ngo yiyemereye icyaha, avuga ko urwo rutonde rwa bamwe bivugwa ko ari Abakirisitu b’Itorero rya ADEPR barukoze bafatanyije na Pasiteri Karamuka Frodouard.

Bamwe mu batangabuhamya bafite amazina yagaragaye kuri ayo mabaruwa babajijwe bahakanye  kugira uruhare muri ibyo bikorwa bigize ibyaha.

Guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano ni icyaha gihanwa n’ingingo ya 276 y’itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ubugenzacyaha busaba abantu kwirinda gukoresha inyandiko mpimbano kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi kikaba gifite ibihano biremereye.

Ngo biraremereye kuko ari igifungo kiri hagati y’imyaka itanu n’imyaka irindwi y’igifungo n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ari hagati  ya miliyoni Frw 3 na miliyoni Frw 5.

Mu gihe iperereza rikomeje, abacyekwaho icyaha bafungiye kuri Sitasiyo za RIB za Remera, Kicukiro na Kimihurura mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’itegeko.

TAGGED:AbapasiteriADEPRfeaturedGufungwaImpapuroRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakiliya Ba Airtel Money Bahawe Ubundi Buryo Bwo Kunguka
Next Article Muhanga: Abagizi Ba Nabi Bishe Umukecuru Urubozo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu Byazamutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

You Might Also Like

Ubukungu

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?