Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafunze Batatu Ibakekaho Gucura Ibyangombwa Byo Kubaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

RIB Yafunze Batatu Ibakekaho Gucura Ibyangombwa Byo Kubaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 January 2024 5:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

K’ubufatanye n’izindi nzego, nyuma y’igihe bakorwaho iperereza, RIB yafunze abantu batatu barimo Harerimana Mutien Marie wari Enjeniyeri.

Yafashwe akekwaho gucura no gukoresha icyangombwa gihimbano cyo kubaka.

Undi ni Ntezirizaza Sad yafashwe akekwaho gukoresha uruhushya ruhimbano rwo kubaka na Ritararenga Nicolaa wari umwubatsi, bafashwe bakekwaho gukoresha uruhushya ruhimbano rwo kubaka.

RIB ivuga ko ibi byaha babikoze ubwo bari barasabiye ibyangombwa byo kubaka abantu bari babahaye akazi ko kububakira aho kugira ngo babashakire ibyangombwa mu buryo bwemewe n’amategeko bahitamo kubicura.

Izo nzu zagombaga kubakwa mu Karere ka Nyarugenge na Kicukiro, hanyuma Umujyi wa Kigali ubasaba kuzuza ibyangombwa bisabwa, aho kugira ngo buzuze ibyo byangobwa basabwe bahitamo kucura ibyangombwa bigaragaza ko bemerewe kubaka.

Abafashwe bafungiye kuri RIB STATION YA NYARUGENGE, RWEZAMENYO niya KICUKIRO mugihe dosiye zabo ziri gutunganwa kugirango zishyikirizwe Ubushinjacyaha mugihe giteganwa n’Itegeko.

Ibyaha bakurikiranyweho ni:
GUHIMBA, GUHINDURA INYANDIKO CYANGWA GUKORESHA INYANDIKO MPIMBANO, icyaha giteganwa N’INGINGO YA 276 y’Itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igihano: Igifungo kuva ku myaka 5 ariko kitarenze 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni 3,000,000 FRW ariko atarenga 5,000,000 FRW cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ubugenzacyaha bwibutsa abaturarwanda ko bwahagurukiye kurwanya abantu bahimba ibyangombwa byo kubaka, bukaba bubasaba kujya bubahiriza ibisabwa kugirango bahabwe ibyangombwa byo kubaka n’inzego zibishinzwe kuko guhimba ibi byangombwa ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi bibangamira n’ishyirwa mu bikorwa ry’igishushanyo mbonera cy’imiturire.

TAGGED:featuredGufungwaIbyangombwaRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Imihanda Yari Yarasondetswe Yatangiye Gusanwa
Next Article Undi Muyobozi Mu Z’Ibanze Aravugwaho Kugira Umuturage Intere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?