Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafunze Uwasabaga Abantu Kujyana Amafaranga Mu Rusengero Ngo Bakubirwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Amadini N'IyobokamanaAndi makuruMu Rwanda

RIB Yafunze Uwasabaga Abantu Kujyana Amafaranga Mu Rusengero Ngo Bakubirwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 October 2025 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imwe mu modoka za RIB
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze Bucyanayandi Emmanuel wavugaga ko ari umuvugabutumwa kandi ko uwamwumvira agatanga amafaranga mu rusengero atazagira ibyago by’urupfu, indwara kandi ko azakubirwa inshuro eshanu ku ituro.

Ikindi ngo ibyo yakoraga byateraga abantu ubwoba bwitwaje ubuhanuzi.

Kuri X/Twitter, RIB yanditse iti: “Ku bufatanye na Polisi, RIB yafashe Bucyanayandi Emmanuel wiyita umuvugabutumwa wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga atera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi akabasaba gutanga amafaranga kugira ngo batagira ibyago by’urupfu, indwara cyangwa ngo bakubirwe inshuro 5 ibyo batanze nk’ituro.”

Uru rwego rusaba Abanyarwanda kudaha agaciro inyigisho zibizeza ibitangaza kuko zigamije kubamaraho imitungo no kubayobya ahubwo bakita ku murimo bakarushaho kwiteza imbere.

Mu minsi ishize, Bucyanayandi ku mbuga nkoranyambaga yigeze gusaba umuntu kuzana ‘mu nzu y’Imana’ Miliyoni yabikuje kuri Banki maze Imana imukurireho urupfu.

Ati: “Ndimo ndabona isanduku mu rugo iwawe.”

Yigeze no kubwira Abakirisitu gukora mu mufuka bakazamura ibyo bafite byose bakabizana kandi mu gihe gito Imana ikazabakubira gatanu.

Bucyanayandi afungiye kuri Station ya RIB ya Remera, mu gihe dosiye ye irimo gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Perezida Kagame yigeze kuburira Abanyarwanda...

Mu mwaka wa 2024, Perezida Kagame yigeze kuvuga ko bidakwiye ko abantu bamwe bitwaza Imana ngo bacucure abandi utwabo.

Hari mu kiganiro yatangiye mu Nteko Ishinga Amategeko

Yagize ati: “Abo bantu bateka umutwe bakanyura muri ibyo by’amadini bakambura abantu iby’abo, bakabatwara imitungo yabo…biraza gutuma dushyiraho umusoro…Ako kajagari gacike.”

Yunzemo ko bidakwiye ko abantu bitwikira Imana ngo bice abantu kuko abo bantu bicwa nabo ari ab’Imana.

Kagame yavuze ko afite inshingano nawe yahawe n’Imana zo kurinda Abanyarwanda.

Nyuma y’icyo gihe hakurikiyeho igenzura ry’uko insengero zujuje ibyangombwa, izitabyujuje zirafungwa.

TAGGED:ImbugaKagamePolisiRIBYouTube
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubusugire Bw’Igihugu Bushingiye No Kubo Mufatanya- Kagame
Next Article Gasana Alfred Wari Ambasaderi Mu Buholandi Yagizwe Senateri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?