Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB ‘Yasatse’ Urugo Rwa Dr. Kayumba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

RIB ‘Yasatse’ Urugo Rwa Dr. Kayumba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 12:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagenzacyaha kuri uyu wa Mbere bageze mu rugo rwa Dr Kayumba Christopher, mu iperereza bakomeje gukora ku byaha ashinjwa byo gushaka gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa yigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda.

Abagenzacyaha bageze mu rugo rwa Dr Kayumba nyuma y’iminsi mike ahamagajwe na RIB, abazwa ku byaha yashinjwe na Muthoni Ntarindwa Fiona ko yagerageje kumukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, ubwo yamwigishaga muri Kaminuza mu 2017.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry yemereye Taarifa ko abagenzacyaha bagiye mu rugo rwa Dr. Kayumba, nubwo ibyo bakoze bitakwitwa gusaka.

Ati “Twagiye gusura aho batubwiye ko icyaha cyakorewe kugira ngo tubihuze n’ibyo batubwiye. Ni ibyo mu bugenzacyaha twita ‘crime scene reconstruction’.”

Yavuze ko abagenzacyaha bashakaga kugenzura niba ibyo uwabaregeye yababwiye ku rugo rwa Kayumba bihuye n’uko hateye, kuko niba avuze ko bagiye kumufata yirukiye mu muryango uri ahantu runaka, utahita ubyemera utabanje kujya kureba niba koko uwo muryango uhari.

Kuri uyu wa Mbere binyuze mu ishyaka Dr Kayumba yashinze, Rwandese Platform for Democracy (RPD), byatangajwe ko yari “yitabye Ubugenzacyaha ku nshuro ya kabiri” ndetse ko no kuri uyu wa Kabiri yongera kwitaba.

RPD yatangaje ko nyuma yo “gusaka” urugo rwa Kayumba , abagenzacyaha batwaye n’abakozi be barimo umuzamu n’ukora mu busitani, nabo babahata ibibazo ariko nyuma barataha.

Yakomeje iti “Twanamenye ko abakozi bakoze kwa Dr Kayumba imyaka umunani ishize ariko batakihakora nabo bahamagajwe na RIB bahatwa ibibazo.”

Ibirego bishinja Dr Kayumba bikomeje kwiyongera, aho Taarifa iheruka kubona ubuhamya bw’abakobwa babiri bakoze mu rugo rwe, bavuga ko yabafashe ku ngufu akanabakorera irindi hohoterwa.

Umwe muri bo ubwo yibukaga uko yamufashe ku ngufu agitangira akazi, ikiniga cyaramufashe avuga ko ari “inyamaswa”.

Dr. Kayumba yakomeje guhakana ibyo ashinjwa abyita ‘propaganda’, kuko ngo byatangiye kujya ahabona nyuma yo gutangaza ko yashinze ishyaka.

TAGGED:Dr. Kayumba ChristopherfeaturedRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Semanza Ufungiwe Jenoside Yongeye Gusaba Kurekurwa Atarangije Ibihano
Next Article Gen Muganga Hari Icyo Asaba Amavubi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?