Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yatumije Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yatumije Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2023 9:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa ko uru rwego rwatumije umunyamakuru Jean Paul Nkundineza ngo agire ibyo arusobanurira.

Yirinze kuvuga impamvu yaba yatumye uru rwego rutumiza uyu munyamakuru ariko itumizwa rye ribaye nyuma y’igihe gito hari amashusho ashyizwe kuri X amwerekana avuga amagambo bamwe bavuze ko ari ayo kwibasira Nyampinga w’u Rwanda(2016) Miss Mutesi Jolly.

Muri iyo video Nkundineza yagize ati ” Ishyuka Mutesi Jolly. Urishimye? urumva umeze ute ? Ugiye Kunywa Hennessy? Ugiye kunywa Amarula? Ugiye gukora Party? Ikintu cyose uryoherwe. Enjoy! Reka mvuge nti Enjoy!, Uramugaritse nta kundi, Komeza inzira watangiye wicika intege, ariko umutego mutindi ushibukana nyirawo.”

Nkundineza yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE  ko kuvuga kuri Miss Jolly muri uru rubanza ari uko ari nk’urufunguzo rwarwo kuko ngo ‘ari we watanze ikirego’ nk’uko ngo byavuzwe n’umucamanza.

Ati “Rero kuba yavugwa muri reportage nta kidasanzwe kirimo”

Urwo rubanza avuga ni uruherutse gukatwa n’Urukiko rukuru rwaregwaga mo Prince Kid wavugwagaho gusambanya ku ngufu abakobwa baharaniraga kuba ba Nyampinga w’u Rwanda mu myaka yatambutse.

Rwamukatiye gufungwa imyaka itanu.

Nkundineza avuga ko yizeye ko RIB inyurwa n’ibisobanuro bye, kandi ko nava ku Kimihurura kwitaba uru rwego ari bumenyeshe abakurikira ibiganiro bye ibyo yahabarijwe.

Umuvugizi wa RIB yavuze ko kuba Nkundineza yatumizwa bitavuze byanze bikunze ko ari bubazwe ku bya Miss Jolly, akemeza  ko umuntu atumizwa ku mpamvu zitandukanye.

Dr. Thierry B.Murangira

Avuga ko umuntu yitaba RIB kubera amakuru ashaka kubazwa, kubera ko ari umutangabuhamya mu cyaha cyangwa ikintu runaka, kubera ko yahohotewe cyangwa indi mpamvu.

Dr. Murangira yavuze ko hakiri kare ko abantu bakeka ko ibyo Nkundineza ari bubazweho bifite aho bihuriye n’ibye na Miss Jolly Mutesi.

Ati: “ Haba hakiri kare ngo tugire icyo tubivugaho…”

Mu ntangiriro za 2023( hari muri  Gashyantare), amakuru yavugaga  ko Nkundineza yaburiwe irengero.

Nyuma yaje kuboneka nyuma y’iminsi ine, atangaza ko zimwe mu nzego z’umutekano zari zamufunze mu buryo butemewe n’amategeko.

TAGGED:featuredMurangiraMutesiNkundinezaRIBUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhati Wo Guca Igwingira Mu Bana B’u Rwanda Ugeze Kuki?
Next Article Guinea Yatashye Ambasade Yayo i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?