Riderman Na Platini Bagizwe Ba Ambasaderi Ba Canal +

Abahanzi Riderman na Platini bakunzwe mu Rwanda, basinyanye amasezerano n’ikigo gicuruza amashusho ya televiziyo, Canal +, bakazakibera ba ambasaderi mu rugendo rwo gusakaza ibyo gikora muri iki gihugu.

Amasezerano y’ubu bufatanye yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Mata 2021, ku cyicaro cya Canal + Rwanda giherereye mu Kiyovu.

Umuyobozi Mukuru wa Canal + Rwanda, Sophie Tchatchoua, yavuze ko bahisemo gukorana n’aba bahanzi kuko bafite indangagaciro kandi ubutumwa bwabo bubasha kugera kuri benshi.

Platini usanzwe akorana na Canal+ yavuze ko yishimiye gukomeza iyi mikoranire, bikaba bigiye kumutera imbaraga zo gukomeza gukundisha abafana be serivisi z’icyo kigo.

- Advertisement -

Riderman wasinye aya masezerano bwa mbere na Canal + we yavuze ko yishimiye kuba umufatanyabikorwa wayo.

Yanahishuye ko usibye kuba agiye kujya ayamamariza, ari n’umukiliya wayo ku buryo we n’abana be ari abahamya b’amashene aboneka kuri dekoderi ya Canal +. Yahishuye ko akunda kureba amashene amashene yigisha ibyo guteka.

Canal + ibarizwa mu kigo Vivendi Group cy’Abafaransa, gifite ishoramari ritandukanye mu Rwanda.

Giheruka gufungura igice cya mbere cya ’Canal Olympia Rebero’, ahantu habera ibikorwa by’imyidagaduro bitandukanye birimo kwerekana filime, ibitaramo n’imikino.

Platini na Riderman mu muhango wo gusinya amasezerano na Canal Plus
Platini ashyira umukono ku masezerano
Riderman na we yinjiye mu bafatanyabikorwa ba Canal +
Riderman ni umwe mu bahamya b’ibyiza bya Canal + kuko ari umukiliya wayo
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version