Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rihanna Aherutse Gukorera Miliyoni € 5 Mu Minota 90
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Rihanna Aherutse Gukorera Miliyoni € 5 Mu Minota 90

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 March 2024 8:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamerika Rihanna aherutse kuyora akayabo mu gito gito cyane.  Ayo ni amafaranga angana na miliyoni € 5 ni ukuvuga miliyoni $6.33 yakoreye mu gihe cy’isaha imwe n’iminota 30.

Ni amafaranga abantu benshi ku isi bapfa badakoreye mu gihe cy’ubuzima bwabo bwose.

Aya mafaranga Rihanna yayakoreye mu gitaramo aherutse guha abari baje mu bukwe bw’umwana wb’Umuhinde ukize kurusha abandi Bahinde bose bo mu gihugu cye n’ahandi ku isi.

Ku rundi ruhande, abakunzi be bavuze ko  uko yari asanzwe akora umuziki we mu bitaramo bitandukanye bihabanye cyane n’uko yabigenje muri ibyo birori.

Bagiye kuri X bandikaho ko Rihanna yasondetse abantu.

Ngo n’imibyirinire ye ntiyari ishamaje.

Undi yaranditse ati: “ Rihanna yaje aradusondeka, abyina ibintu bidafatika, bamuha chèque ye arigendera.”

Uyu muhanzi w’Umunyamerika ariko ukomoka muri Barbados yari yatumiwe gususurutsa abatashye ubukwe bwa Anath Ambani umuhungu wa Mukesh Ambani uyu akaba umukire wa mbere mu Buhinde ufite umutungo wa miliyari $114.

Anant Ambani yashakanye na Radhika Merchant.

Anant Ambani yashakanye na Radhika Merchant.

Nubwo bamushinja kudakora igitaramo gitwika, ku rundi ruhande abafana ba Rihanna bavuga ko yacuranze indirimbo nyinshi kuko zigera kuri 19 harimo n’iyitwa Diamonds.

Ubwo yari arangije igitaramo cye, Rih(uko abafana be bamwita) yavuze ko atakoze byose yagombaga gukora ariko ngo azagaruka bidatinze kuko n’ubundi asanzwe yikundira Ubuhinde.

Abazi imibare barabaze basanga kuri buri munota Rihanna yaririmbye mu gihe cy’iminota 90 yarishyuwe £55, 500.

Ubukwe bwa biriya bikoremezwa bwatwaye miliyoni £120, bukaba bwaratumiwemo abandi bakire nka Mark Zuckerberg na Bill Gates.

TAGGED:BuhindeIgitaramoRihanna
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr. Basinga Uherutse Kugirwa Umuyobozi Wa Bill&Melinda Gates Foundation Muri Afurika Ni Muntu Ki?
Next Article Urujeni Yatangiye Guhagararira u Rwanda mu Bwami Bwa Jordania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abaturage Bagiye Kwegerezwa Ibigo Byigisha Ikoranabuhanga

Ingazi: Uburyo Bushya Bwa Leta Bwo Korohereza Urubyiruko Kubona Akazi

Nyakarundi Yaganirije Bagenzi Be Ba Somalia Na Qatar

Abayobozi Ba Amerika Barisukiranya Muri Israel

Gasana Alfred Wari Ambasaderi Mu Buholandi Yagizwe Senateri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade

Kayonza: Imvura Yishe Batandatu Biganjemo Abana

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Umurundi Kirikou Akili Ukunzwe Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?