Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ronapreve: Umuti UVURA COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Ronapreve: Umuti UVURA COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2021 2:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ronapreve ni umuti wakozwe n’inganda zo mu Bwongereza ukaba ufite ubushobozi bwo kurinda ko umuntu yandura COVID-19 ariko ukanamuvura ibisigisigi byayo ku bayanduye.

Ni umuti ukomatanyije ibinyabutabire byongerera umuntu ubudahangarwa ku rwego rwo hejuru k’uburyo adashobora kwandura kandi uwayanduye nawe ntazahazwe n’ingaruka itera.

Ikigo cy’Abongereza gishinzwe imiti kitwa The Medicines and Healthcare products Regulatory Agency (MHRA) kivuga ko hasigaye igihe gito ngo uriya muti wemererwe guterwa Abongereza.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima mu Bwongereza witwa Sajid Javid yabwiye ikinyamakuru kitwa RT.Com ko kuba uriya muti warakozwe ari inkuru nziza ku batuye u Bwongereza by’umwihariko n’abatuye Isi muri rusange.

Ati: “ Hasigaye igihe gito ngo dutangaze ko uriya muti watangira gucuruzwa mu gihugu hose.”

Javid avuga ko abantu bazaterwa uriya muti[ni umuti ntabwo ari urukingo] bizafasha imibiri yabo kutandura kiriya cyorezo, kandi abacyanduye nabo ntibarembeshwe n’ingaruka kigira cyane cyane ku myanya y’ubuhumekero.

Yatanze umuburo w’uko uriya muti udasimbura inkingo zisanzwe zikoreshwa mu Bwongereza.

Akamaro kawo ni ukongerera abantu ubudahangarwa basanganywe.

Minisitiri w’ubuzima mu Bwongereza  Sajid Javid

Ronapreve ni umuti uhabwa umuntu bawumuteye mu rushinge cyangwa akawunywa.

Iyo ugeze mu mubiri ufasha abasirikare bawo kwisuganya bagahangana na virus ya  COVID-19, bakayikumira mbere y’uko igera mu bice by’ibihaha ikabyangiza.

TAGGED:AbongerezaCOVID-19featuredUmuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isomwa Ry’Urubanza Rwa Rusesabagina Ryahawe Itariki Nshya
Next Article UGHE Igiye Guha Impamyabumenyi Abanyeshuri 23 Basoje Master’s
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?