Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RSSB Igiye Kujya Imenyesha Umukozi Ko Atazigamirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RSSB Igiye Kujya Imenyesha Umukozi Ko Atazigamirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2024 2:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa RSSB buvuga ko mu gihe kiri imbere bugiye gutangiza uburyo bwo kumenyesha umukozi ko atazigamiwe bityo ahaguruke abiharanire.

Ni mu rwego rwo gufasha n’abakoresha ahari icyuho mu micungire y’abakozi babo kugira ngo bakosore iki kintu.

Urwego rw’ubwiteganyirize ruvuga ko kuba RSSB yarashyizeho urubuga abakozi bashobora kujyaho bakareba niba batangirwa imisanzu hari icyo byongereye, ugereranyije na mbere y’uko rushyirwaho, ariko haracyagaragara imbogamizi kuri bamwe mu bakoresha batayitangira abakozi.

Ikoranabuhanga rya RSSB rizajya riha umukozi amakuru y’uko yazigamiwe cyangwa atazigamiwe, abone uko yaharanira ubwo burenganzira bwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Itegeko ry’umurimo rigena ko umukozi umaze igihe kingana n’iminsi 90 mu kazi kuzamura akora akazi, umukoresha ategetswe kumutangira imisanzu muri RSSB kuko biba ari uburenganzira bwe.

Nubwo bimeze bityo ariko si ko hose byubahirizwa, kubera ko hari n’abakozi bashobora kumara imyaka irenga itanu mu kigo nta masezerano y’akazi, batanatangirwa imisanzu muri RSSB.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB Régis Rugemanshuro avuga ko hari uburyo buri kugeragezwa buzafasha abakozi kumenya niba batangiwe imisanzu ya RSSB.

Iyo nayo ni sisiteme bise ISHEMA.

Ati: “Hari sisiteme yitwa ‘Ishema’ irimo irageragezwa aho imisanzu yose ya RSSB izajya itangirwa rimwe, nta mukoresha uzajya abasha gutangira umukozi umwe ngo areke undi, utujuje lisite yose y’abakozi watanze, iyo lisite ntihoka, ukabatangira kandi byose, niba uri muri RAMA, ugatanga Pansiyo, ugatanga ibigenerwa umukozi byose ndetse na RRA. Ntabwo ushobora kuvanamo umwe ngo ugiye gutangira abandi, ntibishoboka”.

- Advertisement -

Umuyobozi ushinzwe ibigenerwa abanyamuryango muri RSSB, Dr. Régis Hitimana avuga ko hari aho usanga abakoresha bamwe batangira imisanzu abakozi bakirengagiza abandi.

Ikindi ni uko hari aho usanga n’abo bishyiriwe batishyurirwa igihe cyose.

Hitimama ati: “Buriya umukoresha agomba gutanga ibyo ategekwa n’itegeko ariko agomba no gutanga n’inyugu z’ubukererwe. Iyo umuhaye amakuru tubikoraho kandi mukabigiramo inyungu, kuko umusanzu w’umuntu arawubona, na wa mukoresha bigatuma n’abandi abatangira”.

Hamwe muri henshi hakiri ikibazo ni uguteganyiriza abakora mu  bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, iby’amahoteli n’inganda.

TAGGED:featuredRSSBRugemanshuro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Izihe Nyamaswa Zindi Zari Mu Nkuge Ya Nowa?
Next Article Bintu Keita Uyobora MONUSCO Avuga ko M23 Ikomeje Gukataza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?