Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Abagizi Ba Nabi Basize Umwarimu Ari Intere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Abagizi Ba Nabi Basize Umwarimu Ari Intere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 April 2023 10:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Rugerero, Akarere ka Rubavu hari inkuru y’umwarimu witwa Rucagu Boniface wakubiswe agirwa intere n’abagizi ba nabi. Yari avuye mu masengesho ya mu gitondo bita ‘Nibature’.

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 01, Mata, 2023 Pasiteri Rucagu Boniface yari arembeye mu bitaro bya Gisenyi nyuma yo kunigwa n’abagizi ba nabi.

Amakuru atangwa na bagenzi bacu b’UMUSEKE  avuga ko uriya mugabo yasagariwe mu gitondo  mu Kagari ka Gisa mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu.

Yahuye n’insoresore ziramuniga zisiga atabasha guhumeka neza.

Umwe  mu babibonye yagize ati: “Bamufashe avuye muri nibature avuye gusenga, nahise numva mbabaye ubu arembeye mu bitaro bya Gisenyi.”

Uyu muturage avuga ko mu Murenge wa Rugerero haba insoresore ziteza umutekano muke k’uburyo abahatuye bavuga ko ‘umuntu uzi ubwenge ataha kare’.

Abaturage bamaze kumenyera kugera mu ngo zabo mbere ya saa mbiri z’ijoro.

Kubera gutinya kwamburwa, abatuye uriya murenge bamaze kugira umuco wo kutitwaza amafaranga mu ntoki ahubwo bakayatwara kuri Mobile Money.

Hari abavuga ko mu masaha y’ijoro kuva muri Centre ya Gisa kugera ku isoko rya Rugerero kizira kugenda ufite telefone mu ntoki cyangwa igikapu kirimo mudasobwa n’ibindi.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste avuga ko bahawe amakuru ko uwo muntu yanizwe n’abagizi ba nabi ariko ababikoze bakaba bataramenyekana.

Ati: “Byabaye mu gitondo bucyeye. Abantu bashoboraga kuba batabara bagafata n’abo bagizi ba nabi ariko hari hakiri kare cyane. Twasaba abaturage gutuza kuko nta kidasanzwe, nta gikuba cyacitse rwose.”

Ku kibazo cy’umutekano muke uterwa n’insoresore zambura abaturage zikanabakubita Gitifu Nzabahimana ahakana ko bitarafata intera ikomeye kandi ko bakajije umutekano bafatanyije n’abaturage.

Ati “Hashize igihe twarabiciye, twasabwaga gukaza irondo, byarakozwe umutekano muri iyi minsi wari uhari uretse iki kibazo cyabaye.”

Gitifu Nzabahimana yasabye abaturage kwirindira umutekano kuko ari uwabo kandi bagatanga amakuru ku gihe batibagiwe no gutabarana.

Abaturage basaba ko Polisi y’u Rwanda ikorera mu Murenge wa Rugerero gukaza umutekano mu ijoro kuko byatuma abo bagizi ba nabi bahacika bityo bakajya bagenda nta bwoba bwo kugirirwa nabi bafite.

TAGGED:featuredGitifuPasiteriRubavuUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yabwiye Urubyiruko Ibanga Ryo Kuba Umupolisi Mwiza
Next Article Papa Francis Yavuye Mu Bitaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?