Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Icyumba Abanyeshuri Bararamo Cyahiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Icyumba Abanyeshuri Bararamo Cyahiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2021 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha y’urukerera inkongi yadutse mu rwunge rw’amashuri rwa Mutura ruri  mu murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu. Umukozi mu kigo ushinzwe uburere bw’abakobwa witwa Ange Mukamunana yabwiye Taarifa ko ku bw’amahirwe nta munyeshuri wahiye.

Kugira ngo abakobwa bari baryamye barokoke, byatewe n’uko umwe muri bo yabyutse agiye kwitunganya ngo ajye gusubiramo amasomo ya mu gitondo, abona hakurya hari gushya abyutsa bagenzi be barasohoka.

Hari saa kenda n’iminota 50 zo mu rukererera kuri uyu wa Gatanu tariki 22, Mutarama, 2021.

Mukamunana yatubwiye ko icyumba cyahiye cyari kiryamyemo abakobwa 230 kandi bose basohotsemo amahoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “ Mu rukerera nibwo byabaye ariko ku bw’amahirwe, abakobwa bacu basohotsemo amahoro ntawahiye.”

Yatubwiye ko inkongi yitwitse ibiryamirwa, imyenda, amakayi n’ibitabo.

Umwe mu bakobwa yagize ihungabana ariko  Ange Mukamunana ushizwe uburere bwabo yatubwiye ko uwo mukobwa yagaruye ubwenge.

Avuga ko ubuyobozi bw’Ikigo buri guhumuriza bariya bakobwa kandi bukabarura ibyahiye.

Urwunge rw’amashuri rwa Mutura ruherereye mu Kagari ka Nyamukongi, Umurenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu.

- Advertisement -

Kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye iriya nkongi.

TAGGED:featuredIshuriKanzenzeRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abantu Icyenda Bazize COVID-19, Ni Ubwa Mbere bibaye
Next Article Urukingo rwa COVID-19 Perezida Kagame Yijeje Abanyarwanda ‘Rwabonetse’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?