Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Icyumba Abanyeshuri Bararamo Cyahiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Icyumba Abanyeshuri Bararamo Cyahiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2021 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha y’urukerera inkongi yadutse mu rwunge rw’amashuri rwa Mutura ruri  mu murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu. Umukozi mu kigo ushinzwe uburere bw’abakobwa witwa Ange Mukamunana yabwiye Taarifa ko ku bw’amahirwe nta munyeshuri wahiye.

Kugira ngo abakobwa bari baryamye barokoke, byatewe n’uko umwe muri bo yabyutse agiye kwitunganya ngo ajye gusubiramo amasomo ya mu gitondo, abona hakurya hari gushya abyutsa bagenzi be barasohoka.

Hari saa kenda n’iminota 50 zo mu rukererera kuri uyu wa Gatanu tariki 22, Mutarama, 2021.

Mukamunana yatubwiye ko icyumba cyahiye cyari kiryamyemo abakobwa 230 kandi bose basohotsemo amahoro.

Yagize ati: “ Mu rukerera nibwo byabaye ariko ku bw’amahirwe, abakobwa bacu basohotsemo amahoro ntawahiye.”

Yatubwiye ko inkongi yitwitse ibiryamirwa, imyenda, amakayi n’ibitabo.

Umwe mu bakobwa yagize ihungabana ariko  Ange Mukamunana ushizwe uburere bwabo yatubwiye ko uwo mukobwa yagaruye ubwenge.

Avuga ko ubuyobozi bw’Ikigo buri guhumuriza bariya bakobwa kandi bukabarura ibyahiye.

Urwunge rw’amashuri rwa Mutura ruherereye mu Kagari ka Nyamukongi, Umurenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu.

Kugeza ubu ntiharamenyekana icyateye iriya nkongi.

TAGGED:featuredIshuriKanzenzeRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abantu Icyenda Bazize COVID-19, Ni Ubwa Mbere bibaye
Next Article Urukingo rwa COVID-19 Perezida Kagame Yijeje Abanyarwanda ‘Rwabonetse’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?