Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: ‘Yatangaga’ Amafaranga Bagahishira Uruhare Rwe Muri Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: ‘Yatangaga’ Amafaranga Bagahishira Uruhare Rwe Muri Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 August 2022 8:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa IBUKA  Nkuranga Egide avuga ko umugabo witwa Baharakubuye Jean uherutse gufatwa akekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yari amaze igihe kirekire yiyoberanya akoresheje uburiganya no kubana n’abayobozi nk’umuntu ufite amafaranga.

Barahakubuye aherutse gufatwa akekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi harimo n’uruhare yagize mu gushyiraho bariyeri ahubatse Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu.

Nkuranga yabwiye IGIHE ati: “Iperereza ryakozwe ryagaragaje ko akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ariko hari uburyo yitwaragamo ku bayobozi kugira ngo azinzike ibyo yakoze. Ngira ngo harimo no kuba ari umuntu ukomeye kandi ufite n’amafaranga nibyo byatumaga adafatwa ngo afungwe.”

Perezida wa IBUKA avuga ko iperereza ryagaragaje  uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuri bariyeri yari mu murenge wa Busasamana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ngo yagize uruhare mu rupfu rw’umusaza wayiguyeho warimo ahunga ajya muri Zaïre, ubu ni muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Egide Nkuranga avuga ko niba hari n’abandi bacyihishahisha, bakwiriye kwishyikiriza ubutabera kuko igihe nikigera bazafatwa.

Ati: “Simpamya ko  umuntu yaba afite amafaranga yagura abantu bose. Biratinda ariko ukuri kugeraho kukajya ahagaragara kuko n’uriya nyuma y’imyaka 28 yafashwe.”

Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) Taliki 22, Kanama, 2022 rwafunze Baharakubuye Jean w’Imyaka 52 wo mu Karere ka Rubavu, akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyaha akurikiranyweho bivugwa ko yagikoreye mu murenge wa Busasamana, Akagari ka Gacurabwenge, Umudugudu wa Busanganya.

- Advertisement -

Yatawe muri yombi nyuma y’uko umugore we wari usanzwe ari umukozi ushinzwe uburezi mu Murenge wa Rugerero, aherutse gufungwa akekwaho kohereza ‘umutetsi’ guhagararira Akarere mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rugerero.

Aho bimenyekaniye, byarasakuje abantu baza kuvuga ko n’umugabo we nawe yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

RIB yahise itangira kubikurikirana.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr. Murangira B. Thierry, avuga ko Baharakubuye yafashwe kubera iperereza ryakozwe kuva muri 2021.

Yagize ati: “Muri 2021 nibwo umubiri wa Sebunyoni Jean wabonetse ushyingurwa mu cyubahiro, iperereza rirakomeza hanyuma haza gufatwa Baharakubuye Jean. Kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kanama mu gihe iperereza rikomeje, dosiye ye ikaba iri gukorwa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

Si mu Karere ka Rubavu gusa hari abantu bagize uruhare muri Jenoside bakidagembya, kuko hari n’ahandi mu gihugu bari.

Bakoresha amayeri menshi yo kwiyoberanya cyangwa bagakoresha ubushobozi bafite kugira ngo ababizi babahishire.

Kubera ko Jenoside ari icyaha kidasaza, bivuze ko uwayikoze aho yaba yishije aho ari ho hose, bitinde bitebuke azafatwa akagezwa imbere y’ubutabera.

TAGGED:BusasamanaJenosideNkurangaRIBRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Haruna Yasabye Umusifuzi Mpuzamahanga Kutabogama Abitewe N’Indonke
Next Article DJ Neptune Wo Muri Nigeria Afitanye Umushinga Na Bruce Melodie
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?