Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Abatemaga Abaturage Bafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Abatemaga Abaturage Bafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2023 1:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru gishize Minisitiri w’umutekano Alfred Gasana yabwiye itangazamakuru ko hari abantu 10 bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranyweho gutema abaturage no kubakubita ibyuma bita imitalimba.

Gasana aherutse gusura Akarere ka Ruhango

Avuga ko abantu uko ari 10 bigize ibihazi.

Kugeza ubu, ngo abafashwe batangiye gukorerwa amadosiya mu bushinjacyaha.

Gasana yagize ati: “ Ibibazo by’umutekano muke kubera abantu batema bakanambura abaturage byagaragaye ku Buhanda mu Murenge wa Kabagari  no mu Mirenge wa Byimana mu mezi  atandukanye.”

Minisitiri w’umutekano avuga ko abantu bose bafashwe, uko ari icumi kandi ngo raporo zivuga ko ari b0 ‘bonyine babikoraga.’

Uyu muyobozi avuga ko bariya bafashwe mbere ariko ababafashe birinda kubishyira mu itangazamakuru bagifatwa.

Yasabye abasore birirwa mu nsisiro badakora, ahubwo bategereje abo bari buze kiniga kubireka bakaboneza umurimo.

Ati: “Abo bantu nibo bakunze kugaragara mu bikorwa bibi bihungabanya umutekano w’abaturage.”

Ku rundi ruhande, avuga ko abo bantu bashobora guhinduka bakumva inama bagirwa bakitabira umurimo.

Gasana avuga ko icyaha kibi ari ugushakira igisubizo mu bujura.

Ubwo Ubuyobozi bwagaragarizaga inzego zitandukanye  zari zabasuye ishusho y’Akarere, ntibemereye itangazamakuru ko ribikurikirana.

Icyakora hashize iminsi muri aka Karere humvikana abantu batemye bakanambura abaturage ibyabo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, kuri iki kibazo cy’umutekano mukeya uhavugwa, busubiza itangazamakuru ko nta mwihariko kuko n’ahandi humvikana abantu bafite urugomo kimwe no mu Ruhango.

Ibi ariko si ko bimeze kuko mu mezi make ashize mu Karere ka Ruhango habaye urugomo rutavugwaga ahandi hose mu Rwanda.

 

TAGGED:AbantufeaturedGasanaGutemaMinisiteriRuhangoUmutekanoUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amataliki Y’Igikombe Cy’Amahoro Yahinduwe
Next Article Nyagatare: Hari Kubakwa Uruganda Rw’Amata Y’Ifu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?