Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Mudugudu Akurikiranyweho Gukubita Umwana 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Ruhango: Mudugudu Akurikiranyweho Gukubita Umwana 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2024 8:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Ruhango yafunze Umukuru w’Umudugudu ari kumwe n’abaturage babiri ibakurikiyeho gukubita no gukomeretsa umwana w’imyaka 17 witwa Cyubahiro Innocent.

Tariki 29, Ugushyingo, 2024 nibwo amashusho y’abantu bakubitaga uwo mwana yahererekanyijwe ku mbuga nkoranyambaga.

Abatuye mu Mudugudu wa Mirambi, Akagari ka Burima muri uyu Murenge wa Kinazi ari naho iki kibazo cyabereye, babwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko batunguwe no kubona Mudugudu wa Mirambi witwa Nkezabera Victor hamwe n’ushinzwe umutekano muri uwo Mudugudu Nteziyaremye Emmanuel ndetse na Mugiraneza Benjamin bakubita umuturage.

Abari bahari bavuga ko bamukubise bamushinja ko yabibye Telefoni.

Icyakora ngo niyo aza kuba yarayibye bakayimufatana, kumukubita bitari kuba byemewe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko aba bagabo bafashwe ku mugoroba wo kuwa Gatandatu ushize ahagana saa kumi.

Ati: “Aba uko ari batatu bakekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa Cyubahiro Innocent.”

Avuga ko abafashwe bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi iherereye mu Murenge wa Kinazi bakaba bamaze gushyikirizwa Ubugenzacyaha.

SP Habiyaremye avuga ko bashimira abaturage batanze amakuru, abasaba gukomeza gufatanya n’Inzego z’umutekano kugira ngo umuntu ukekwaho icyaha afatwe kuko nta wemerewe kwihanira.

TAGGED:GukutaMuduguduRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bushinwa Havumbuwe Ikirombe Cya Zahabu Ifite Agaciro Ka Miliyari $80
Next Article RDF Yiyemeje Gufatanya Na UPDF Mu Kurinda Umupaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?