Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Mudugudu Akurikiranyweho Gukubita Umwana 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Ruhango: Mudugudu Akurikiranyweho Gukubita Umwana 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2024 8:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Ruhango yafunze Umukuru w’Umudugudu ari kumwe n’abaturage babiri ibakurikiyeho gukubita no gukomeretsa umwana w’imyaka 17 witwa Cyubahiro Innocent.

Tariki 29, Ugushyingo, 2024 nibwo amashusho y’abantu bakubitaga uwo mwana yahererekanyijwe ku mbuga nkoranyambaga.

Abatuye mu Mudugudu wa Mirambi, Akagari ka Burima muri uyu Murenge wa Kinazi ari naho iki kibazo cyabereye, babwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko batunguwe no kubona Mudugudu wa Mirambi witwa Nkezabera Victor hamwe n’ushinzwe umutekano muri uwo Mudugudu Nteziyaremye Emmanuel ndetse na Mugiraneza Benjamin bakubita umuturage.

Abari bahari bavuga ko bamukubise bamushinja ko yabibye Telefoni.

Icyakora ngo niyo aza kuba yarayibye bakayimufatana, kumukubita bitari kuba byemewe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko aba bagabo bafashwe ku mugoroba wo kuwa Gatandatu ushize ahagana saa kumi.

Ati: “Aba uko ari batatu bakekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa Cyubahiro Innocent.”

Avuga ko abafashwe bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi iherereye mu Murenge wa Kinazi bakaba bamaze gushyikirizwa Ubugenzacyaha.

SP Habiyaremye avuga ko bashimira abaturage batanze amakuru, abasaba gukomeza gufatanya n’Inzego z’umutekano kugira ngo umuntu ukekwaho icyaha afatwe kuko nta wemerewe kwihanira.

TAGGED:GukutaMuduguduRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bushinwa Havumbuwe Ikirombe Cya Zahabu Ifite Agaciro Ka Miliyari $80
Next Article RDF Yiyemeje Gufatanya Na UPDF Mu Kurinda Umupaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?