Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Umuyobozi Afunganywe N’Umugore We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ruhango: Umuyobozi Afunganywe N’Umugore We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2024 11:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Ruhango haravugwa inkuru y’umuyobozi ushinzwe iby’ubutaka wafashwe ari muri Siporo arafungwa ariko aza kwisanga ari kumwe n’umugore we.

Bivugwa ko bakurikiranyweho kwishora mu by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro budakurikije amategeko.

Bagenzi bacuba UMUSEKE batangaza ko uwo mugabo yafashwe taliki 28, Nzeri, 2024 ubwo yari ari muri siporo.

Yari asanzwe ari umuyobozi  w’Ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi muri Ruhango.

Hari umuturage wabwiye itangazamakuru hataramenyekana iimpamvu nyayo yatumye bafungwa gusa harahwihwiswa gushora akaboko mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe.

Uwatanze amakuru kuri iyo ngingo ni umugore bari bararagije ibyo birombe ariko ntibumvikana ku ngingo zifite aho zihuriye n’amafaranga aza kubibwira ubugenzacyaha, RIB.

Ikiramenyekana kugeza ubu ni impamvu yatumye uwo mugabo afunganwa n’umugore we.

Iby’uko uriya muyobozi afunganywe n’umugore we byanemejwena Meya w’Akarere ka Ruhango witwa Valens Habarurema.

Yagize ati ” Uko ni ukuri hari umukozi w’Akarere ufunze, akaba asanzwe ari Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuhinzi n’Umutungo Kamere ku rwego rw’Akarere.”

Yavuze ko afungiye kuri RIB Station ya Ruhango.

Habarurema ati: ” Arakekwaho ruswa mu itangwa rya serivisi y’ubucukuzi bwa kariyeri. Afunganywe n’umugore we. Ibindi birimo gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe”.

Mu minsi mike ishize ikibazo cy’ibirombe bivugwa kuri bamwe mu bayobozi b’Akarere cyahagurukije Komisiyo ishinzwe ubukungu mu nama Njyanama y’Akarere.

Bivugwa ko iyi Komisiyo yacukumbuye isanga hari ababifitemo uruhare ikora na raporo ibigaragaza.

Muri iki gihe hari bamwe mu bakozi mu Karere ka Ruhango bibaza aho iyo raporo yarengeye kuko itigeze itangazwa ahubwo ko yagizwe ibanga.

TAGGED:AmabuyeIbirombeRuhangoUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibifaro Bya Israel Bibarirwa Mu Magana Byiteguye Kwinjira Muri Lebanon
Next Article Perezida Kagame Ari Muri Latvia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mozambique: Perezida W’Inteko Kazarwa Yasuye Isoko Ryubatswe Mu Mwaka Wa 1900

Bugesera: Abaturage Bugarijwe N’Inzara

Abanyamahanga Benshi Bafungiwe Mu Rwanda Ni Abo Muri EAC

Nyanza: Polisi Irashakisha Umugabo Ukekwaho Kwica Umugore We

Tanzania: Abaturage Bategetswe Kuguma Mu Rugo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?