Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RURA Yongeye Gushyirwaho Igitutu Ngo Yisubireho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

RURA Yongeye Gushyirwaho Igitutu Ngo Yisubireho

taarifa@media
Last updated: 23 February 2021 11:23 am
taarifa@media
Share
SHARE

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kutavuga rumwe ku mushinga watangijwe n’Urwego Ngenzuramikorere, RURA, uzasiga hashyizweho uburyo bwo kugenzura ubucuruzi bukorerwa mu ikoranabuhanga. Ukeneye kubutangira akabisabira uburenganzira buzatangwa yishyuye $3000, ni hafi miliyoni 3 Frw.

Ni igikorwa ariko cyazamuye ibitekerezo by’abantu benshi bifashishije imbuga nkoranyambaga, kuko hari abafite impungenge ko gishobora kubakura muri ubu bucuruzi bwari butangiye gufata indi ntera kubera amasomo abantu bakuye mu bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Abakora ubwo bucuruzi kandi bagomba kuba bafite ibinyabiziga bifashisha mu kugeza ku bantu ibyo baguze, nka moto cyangwa imodoka, bigasabirwa uruhushya kandi bikaba bifite ahantu haboneye habikwa imizigo, binagaragaza icyapa cy’ibigo bikorera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu butumwa ubuyobozi bukuru bwa RURA bwashyize ku mbuga nkoranyambaga, bwavuze ko bikiri umushinga, bitaraba itegeko.

Buti “Biracyari mu biganiro by’ibanze, bityo imbanzirizamushinga yakwirakwijwe ku mbuga zitandukanye ntabwo ikwiye gufatwa nk’icyemezo cyamaze kuba itegeko. Inama nyunguranabitekerezo ya mbere yahuje ibigo bikora ubucuruzi bw’ikoranabuhanga byo mu gihugu, hagamijwe ko batanga ibitekerezo bishobora kongerwa mu mushinga bagejejweho.”

“Ibiganiro bizakomeza kugira ngo hakorwe itegeko riboneye, hanashyirweho uburyo bwo gutanga serivisi buhamye, bityo hanabungabungwe umutekano n’icyizere gikwiye kuba hagati y’abakiliya n’abatanga izo serivisi.”

Mu bindi biteganywa n’iri tegeko, harimo ko ikigo kizaba gitanga 0.5% by’urwunguko rwacyo ku mwaka, nk’amafaranga yo kugira ngo gikomeze gukora ubu bucuruzi.

Biteganywa ko ibyo bigo bizanasabwa gushyiraho uburyo bwo gukurikirana mu buryo bw’ikiranabuhanga ikintu cyaguzwe, kugeza kigeze kuri nyiracyo.

- Advertisement -

Ubwo RURA yayoborwaga na Lt Col Patrick Nyirishema, yigeze gushyirwaho igitutu kubera kuzamura ibiciro by’ingendo mu modoka zitwara abagenzi kandi Abanyarwanda bari bavuye muri Guma mu Rugo ya Mbere.

Ubu nabwo bisa n’aho RURA yirengagije nkana ko Abanyarwanda bavuye muri Guma mu Rugo ya Kabiri.

TAGGED:COVID-19featuredIbiganiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FDLR Irashinjwa Urupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani Muri DRC
Next Article Imitwe y’Abarwanyi Mu Burasirazuba Bwa DRC N’Aho Iherereye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?