Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RURA Yongeye Gushyirwaho Igitutu Ngo Yisubireho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

RURA Yongeye Gushyirwaho Igitutu Ngo Yisubireho

taarifa@media
Last updated: 23 February 2021 11:23 am
taarifa@media
Share
SHARE

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kutavuga rumwe ku mushinga watangijwe n’Urwego Ngenzuramikorere, RURA, uzasiga hashyizweho uburyo bwo kugenzura ubucuruzi bukorerwa mu ikoranabuhanga. Ukeneye kubutangira akabisabira uburenganzira buzatangwa yishyuye $3000, ni hafi miliyoni 3 Frw.

Ni igikorwa ariko cyazamuye ibitekerezo by’abantu benshi bifashishije imbuga nkoranyambaga, kuko hari abafite impungenge ko gishobora kubakura muri ubu bucuruzi bwari butangiye gufata indi ntera kubera amasomo abantu bakuye mu bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Abakora ubwo bucuruzi kandi bagomba kuba bafite ibinyabiziga bifashisha mu kugeza ku bantu ibyo baguze, nka moto cyangwa imodoka, bigasabirwa uruhushya kandi bikaba bifite ahantu haboneye habikwa imizigo, binagaragaza icyapa cy’ibigo bikorera.

Mu butumwa ubuyobozi bukuru bwa RURA bwashyize ku mbuga nkoranyambaga, bwavuze ko bikiri umushinga, bitaraba itegeko.

Buti “Biracyari mu biganiro by’ibanze, bityo imbanzirizamushinga yakwirakwijwe ku mbuga zitandukanye ntabwo ikwiye gufatwa nk’icyemezo cyamaze kuba itegeko. Inama nyunguranabitekerezo ya mbere yahuje ibigo bikora ubucuruzi bw’ikoranabuhanga byo mu gihugu, hagamijwe ko batanga ibitekerezo bishobora kongerwa mu mushinga bagejejweho.”

“Ibiganiro bizakomeza kugira ngo hakorwe itegeko riboneye, hanashyirweho uburyo bwo gutanga serivisi buhamye, bityo hanabungabungwe umutekano n’icyizere gikwiye kuba hagati y’abakiliya n’abatanga izo serivisi.”

Mu bindi biteganywa n’iri tegeko, harimo ko ikigo kizaba gitanga 0.5% by’urwunguko rwacyo ku mwaka, nk’amafaranga yo kugira ngo gikomeze gukora ubu bucuruzi.

Biteganywa ko ibyo bigo bizanasabwa gushyiraho uburyo bwo gukurikirana mu buryo bw’ikiranabuhanga ikintu cyaguzwe, kugeza kigeze kuri nyiracyo.

Ubwo RURA yayoborwaga na Lt Col Patrick Nyirishema, yigeze gushyirwaho igitutu kubera kuzamura ibiciro by’ingendo mu modoka zitwara abagenzi kandi Abanyarwanda bari bavuye muri Guma mu Rugo ya Mbere.

Ubu nabwo bisa n’aho RURA yirengagije nkana ko Abanyarwanda bavuye muri Guma mu Rugo ya Kabiri.

TAGGED:COVID-19featuredIbiganiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FDLR Irashinjwa Urupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani Muri DRC
Next Article Imitwe y’Abarwanyi Mu Burasirazuba Bwa DRC N’Aho Iherereye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?