Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Babasezeranyije Imirima, Bagiye Kubaza Ibyayo Babaha Amasabune!
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Babasezeranyije Imirima, Bagiye Kubaza Ibyayo Babaha Amasabune!

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2022 3:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
?
SHARE

Abo ni abasigajwe inyuma n’amateka bo Karere ka Rusizi mu Murenge wa Gihundwe mu Kagari ka Gatsiro, Umudugudu wa Tuwonane. Bavuga ko ubuyobozi bwari bwarabemereye amasambu yo guhinga kugira ngo nibeza imyaka bazihaze mu biribwa, bigabanye inzara bamaranye igihe.

Bababazwa n’uko bagiye ku Biro by’Akagari kubaza iby’iyo mirima aho kuyibaha ngo bayihinge kuko n’igihembwe cya B cyo guhinga kigiye kurangira, abandi babaha amasabune ngo batahe bajye kwiyuhagira.

UMUSEKE wanditse ko abo basigajwe inyuma n’amateka ari abo mu miryango 17.

Bavuga ko bagiye ku Biro by’Akagari kugira ngo berekwe iyo mirima babwiwe, bahageze bahabwa isabune.

Uwitwa Simparikubwabo Augustin ati: “Gitifu w’Umurenge yari yatwemereye imirima yo guhinga.  Twagiye ku Kagari ntacyo badutangarije twari twiteguye ko baduha amasuka, tugahinga abana bakabona ibyo kurya. Twaheze mu gihirahiro.”

Umugore witwa Béatrice Mukandayisenga yunzemo ati: “ Badusezeranyije imirima, tugiye ku Kagari ntibayitwereka baduha isabune turataha.”

Bavuga ko batakaje icyizere cyo kuzahabwa iriya mirima.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bushinzwe imibereho myiza y’abaturage, buvuga ko imirima bariya baturage bemerewe, bazayihabwa mu mwaka utaha wa 2023 kugira ngo bazahinge mu gihembwe cy’umwka utaha cya B.

Buvuga ko icyo gihe ari amasezerano y’abayikodesheje azarangira, iyo imirima izegurirwa abatishoboye bayihinge na bo biteze imbere.

Ni ibyemezwa na Anne Marie Dukuzumuremyi, akaba ashinzwe imibereho myiza y’abaturagemu Karere ka Rusizi.

Ati: “Icyifuzo batugejejeho ni uko bacyeneye imirima yo guhinga. Muri aka kagari dufite ibisigara bya Leta byinshi byakodeshwaga n’abaturage, muri rusange amasezerano yabo azarangira mu kwa kabiri, tuzafata icyemezo nk’ubuyobozi bw’Akarere bajye gukodesha n’ahandi, iyi mirima tuzayegurira aba na bo bayihinge biteze imbere.”

Akarere ka Rusizi ni kamwe muri turindwi (7) tugize Intara y’Iburengerazuba.

Abasigajwe Inyuma N’Amateka B’i Gasabo Bataka Ko Babuze Ibumba

TAGGED:AbasigajweAmatekaImirimaInyumaRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Saudi Arabia: Ihuriro Rikomeye Ry’Ibiyobyabwenge Mu Burasirazuba Bwo Hagati
Next Article Amerika Irashaka Guhana Ibihugu By’Afurika Biri Inyuma Y’u Burusiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?