Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Bafatanywe Lisansi Bari Bagiye Kugurisha Mu Burundi Rwihishwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Rusizi: Bafatanywe Lisansi Bari Bagiye Kugurisha Mu Burundi Rwihishwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2025 2:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo babiri bo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi bafashwe n’inzego z’umutekano bafite amajerekani arimo lisansi bari bagiye kugurisha mu Burundi. Baje guca mu rihumye abari babafashe bariruka baracika!

Abavugwaho ubwo bucuruzi butemwe ni abo mu Mudugudu wa Rushwati, Akagari ka Nyamihanda, Umurenge wa Butare, Akarere ka Rusizi.
Ni Bankwijisi Emmanuel na Habonimana Gilbert bari bamaze igihe  bashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo kubona amakuru ko bacuruzaga magendu iyo mu Burundi.

Inzego zabafatanye amajerekani atatu arimo lisansi bivugwa ko bari bashyiriye Uwimana Ezéchias na we ugishakishwa.

Abaturage babwiye Imvaho Nshya ko bariya bantu hari uwo  bari bemeranyije nawe ko bari bumusangishe iyo mari ku mugezi wa Ruhwa, akayambutsa ayijyana i Burundi.

Uwahaye aya makuru Imvaho Nshya yagize ati: “Amakuru y’ubucuruzi bwa magendu ijya i Burundi kuri uriya mugabo yari ahari. Hari hasigaye gusa kumenya abo akoresha no gufatirwa mu cyuho kuko aho bimariye kumenyekana ko lisansi ari imari ishyushye i Burundi, hari abaturiye umupaka batagisinzira, barara bashakisha inzira zose zo kuyambutsa”.

Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko mu gace bariya bantu bafatiwemo hasanzwe bakorerwa magendu ikomeye.

Ahanini iba ari iyo kwambutsa lisansi ijya mu Burundi cyane cyane ko iyi ari imari ikomeye muri iki gihugu.

Hari utugari dutatu two mu Murenge wa Butare tumaze kumenyakana ko dukorerwamo iriya magendu.

Ni ikibazo gikomeye mu Murenge nk’uwo ufite utugari tune gusa.

Abambukana iyo mari akenshi baca mu mugezi wa Ruhwa, ukaborohereza kugera yo.

Inzego z’ubuyobozi zivuga ko ari ngombwa gukaza ingamba zo gukumira magendu cyane cyane iyambuka ijya mu Burundi kuko iki gihugu gikeneye byinshi biva mu Rwanda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Butare, Ntawizera Jean Pierre avuga ko abo bagabo baherutse gufatwa bakurikiranyweho iyo magendu.

Icyakora ngo nyuma yo kubwira abari babafashe uko babigenza n’uburyo lisansi igera mu Burundi bahise babaca mu rihumye bariruka barabasiga.

Ubwo twandikaga iyi nkuru bari bagishakishwa ngo babazwe iby’ubu bucuruzi butemewe.

Abavugwaho buriya bujura, basanzwe ari abakarani-ngufu, ubahaye ikiraka wese bakagikora, akabishyura.

Mu minsi yatambutse hari uwafashwe ashaka kwambutsa inka ngo ajye kuzigurisha mu Burundi mu buryo bwa magendu ariko abantu baramutesha.

TAGGED:AbagabofeaturedLisansiMagenduRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Omega Wayobora FDLR Arashyikirizwa u Rwanda Bidatinze
Next Article Ntituzi Niba Omega Yarapfuye Cyangwa Akiriho- Umuvugizi Wa M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?