Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Barataka Abajura Babacucura N’Utwo Bambaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Rusizi: Barataka Abajura Babacucura N’Utwo Bambaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2024 5:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE
Abatuye Imirenge ya Nkanka na Gihundwe babangamiwe n’ubujura kugera n’ubwo abo bajura bakwambura ibyo ufite, bakaguhondagura bakarenzaho no kwambura imyenda bakagusiga uko wavutse.
Ihene bakwibye bayibagira mu rugo rwawe wavuga ugakubitwa.
Ibyo ni ibyo abo baturage bemeza.
Abatuye mu tugari twa Gatsiro na Gitwa two mu Mirenge ya Gihundwe na Nkanka babwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ko nta nzego batatakambiye ariko byabaye nko gucurangira abahetsi.
Mu gahinda kenshi bavuga ko nta muturage ucyura ihaho mu rugo rwe, nta worora itungo ngo rizamuke, ngo hari n’ubwo bakwiba ihene bakayibagira no mu rugo rwawe.
Umwe mu baturage yagize ati “Dukeneye ubutabazi  kuko tuzonzwe n’abajura, ari itungo bararijyana, umwaka mu murima ntibatuma wera, yewe muhuriye mu nzira n’ihaho nturigeza iwawe.”
Mugenzi we avuga ko aba bajura ari ibihazi ku buryo no ku wa 15 Nyakanga 2024 ku munsi w’amatora biraye mu nzu z’abaturage barazitobora, si ukubiba karahava.
Ati“Ubujura bumeze nabi nta muturage uzirika ihene ku musozi bayikerera icy’amaso inzu barazitobora no ku munsi w’amatora twavuye gutora dusanga inzu zose bazitobaguye”.
Aba baturage bifuza ko inzego za Leta zacyemura iki kibazo burundu byaba ngombwa hagakoreshwa n’ingufu z’inzego z’umutekano kuko bimaze gufata indi ntera.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe, Ingabire Joyeux yabwiye UMUSEKE ko bagiye kwicarira iki kibazo.
Ati: “Dufatanyije n’inzego z’umutekano iki kibazo tugiye kugikurikirana. Icyo dusaba abaturage n’uko bajya baduha amakuru ku gihe, tukamenya abihishe inyuma y’ubwo bujura”.
Muri iyi mirenge yombi ngo hari n’aho batanyura ku manywa, gusa si abaturage bibwa gusa muri  Gicurasi 2023, Padiri wo muri paruwasi ya Nkanka yakubiswe n’abajura, anamburwa telefone.
Muri Kanama 2023, Ikigo cy’amashuri abereye umuyobozi kibasiwe n’abajura hibwa amasafuriya manini (muvero) yatekerwagamo ibiryo by’abanyeshuri, yaje kugarurwa habaye ubwumvikane.
Mu kwezi k’Ugushyingo 2023, muri iki kigo bahuye n’ikindi gitero cy’abajura hibwamo mudasobwa zigera kuri 21 zo mu bwoko bwa Positivo kugeza ubu zaburiwe irengero.
Ubuvugizi bwa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba ntacyo buratangariza Taarifa ku ngamba zo gukemura icyo kibazo abaturage bavuga ko kibabuza amahwemo.
TAGGED:AbajuraAbaturagefeaturedGitifuRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Urubyiruko Rwatangiye Kwigaragambya Rwanga Kumvira Museveni
Next Article Gicumbi: Akarere Ka Mbere Mu Mukamo Ariko Kagwingiza Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?