Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Coaster Yamanutse Muri Gari ‘Itarimo Shoferi’ Igonga Motari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Coaster Yamanutse Muri Gari ‘Itarimo Shoferi’ Igonga Motari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2023 7:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yavuye muri Gare ya Rusizi igonga umumotari yasanze mu muhanda ku bw’amahirwe ntiyapfa. Iriya modoka ni iy’ikigo cya Volcano Express ikaba ifite ibirango RAC 947X.

Ikindi ni uko ubwo ibi byabaga, hari abantu babiri bari muri iriya modoka bategereje ko abandi bayijyamo yakuzura bakagenda.

Bamwe mu babonye iyi modoka iva aho yari iparitse, babwiye UMUSEKE uko byagenze, bavuga ko bitabatunguye ‘ngo hari umuhanuzi wari warabivuze’.

Hari uwagize ati: “Imodoka yamanutse nta mushoferi urimo. Iyi mpanuka amakuru nari mfite ni uko ku wa Gatandatu washije hari ‘umuhanuzi wahanuye’ ko hano hazamanuka imodoka ikangiza byinshi”.

Undi muntu wabirebaga biba, yavuze ko uko byari bimeze hakaba nta muntu wabiguyemo ari ibitangaza.

Abaturage bavuze ko iriya modoka yari irimo frain à main( feriyame) ariko iza kwivanamo, imodoka irakonkoboka igonga motari ariko ku bw’amahirwe ntiyapfa.

Ababibonye bashima Imana ko urebye umuvuduko yari ifite n’aho byabereye, nta muntu yahitanye kandi ko ari ibintu byo gushima Imana.

Abantu batandukanye basanzwe bakorera imirimo muri gare ya Rusizi, bemeje ko ubuhanuzi busohoye kuko nta gihe kinini uwo bita umuhanuzi  avuze ko hazamanuka imodoka ‘ikangiza byinshi.’

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yemeje ko iyi mpanuka yabaye.

CIP Rukundo ati: “Nibyo iyo mpanuka yabaye, imodoka Coaster itwara abagenzi muri gare ya Rusizi icika firiyame iragenda ikubira amarembo ya gare arashwanyuka, igonga umumotari irarenga itangirwa n’ibiti biri ku mugezi”.

Avuga ko amahirwe ari uko uwo mumotari atapfuye kandi ngo n’abantu bari bari muri iyo modoka ntawapfuye.

Gusa ngo bakomeretse. Bose boherejwe ku bitaro bya Gihundwe.

TAGGED:featuredGareimodokaImpanukaMotoRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujyi Wa Kigali Uzakomeza Gutera Inkunga Abarokotse Jenoside Batishoboye- Rubingisa
Next Article Nta Kintu Kinini Abantu Bakwitega Mu Biganiro Hagati Y’Amerika N’Ubushinwa-UBUSESENGUZI
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?