Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Coaster Yamanutse Muri Gari ‘Itarimo Shoferi’ Igonga Motari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Coaster Yamanutse Muri Gari ‘Itarimo Shoferi’ Igonga Motari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2023 7:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yavuye muri Gare ya Rusizi igonga umumotari yasanze mu muhanda ku bw’amahirwe ntiyapfa. Iriya modoka ni iy’ikigo cya Volcano Express ikaba ifite ibirango RAC 947X.

Ikindi ni uko ubwo ibi byabaga, hari abantu babiri bari muri iriya modoka bategereje ko abandi bayijyamo yakuzura bakagenda.

Bamwe mu babonye iyi modoka iva aho yari iparitse, babwiye UMUSEKE uko byagenze, bavuga ko bitabatunguye ‘ngo hari umuhanuzi wari warabivuze’.

Hari uwagize ati: “Imodoka yamanutse nta mushoferi urimo. Iyi mpanuka amakuru nari mfite ni uko ku wa Gatandatu washije hari ‘umuhanuzi wahanuye’ ko hano hazamanuka imodoka ikangiza byinshi”.

Undi muntu wabirebaga biba, yavuze ko uko byari bimeze hakaba nta muntu wabiguyemo ari ibitangaza.

Abaturage bavuze ko iriya modoka yari irimo frain à main( feriyame) ariko iza kwivanamo, imodoka irakonkoboka igonga motari ariko ku bw’amahirwe ntiyapfa.

Ababibonye bashima Imana ko urebye umuvuduko yari ifite n’aho byabereye, nta muntu yahitanye kandi ko ari ibintu byo gushima Imana.

Abantu batandukanye basanzwe bakorera imirimo muri gare ya Rusizi, bemeje ko ubuhanuzi busohoye kuko nta gihe kinini uwo bita umuhanuzi  avuze ko hazamanuka imodoka ‘ikangiza byinshi.’

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yemeje ko iyi mpanuka yabaye.

CIP Rukundo ati: “Nibyo iyo mpanuka yabaye, imodoka Coaster itwara abagenzi muri gare ya Rusizi icika firiyame iragenda ikubira amarembo ya gare arashwanyuka, igonga umumotari irarenga itangirwa n’ibiti biri ku mugezi”.

Avuga ko amahirwe ari uko uwo mumotari atapfuye kandi ngo n’abantu bari bari muri iyo modoka ntawapfuye.

Gusa ngo bakomeretse. Bose boherejwe ku bitaro bya Gihundwe.

TAGGED:featuredGareimodokaImpanukaMotoRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umujyi Wa Kigali Uzakomeza Gutera Inkunga Abarokotse Jenoside Batishoboye- Rubingisa
Next Article Nta Kintu Kinini Abantu Bakwitega Mu Biganiro Hagati Y’Amerika N’Ubushinwa-UBUSESENGUZI
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?