Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Itanura Ryubatswe Mu 2013 Kuri Miliyoni Frw 80 Ryakoze Inshuro Imwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Itanura Ryubatswe Mu 2013 Kuri Miliyoni Frw 80 Ryakoze Inshuro Imwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 January 2023 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Gitambi Mu Karere ka Rusizi hari abanyamuryango ba Koperative COTIAGIRU bavuga ko itanura bubakiwe mu mwaka 2013 ryubatswe nabi k’uburyo ryakoze inshuro imwe gusa nabwo mu igerageza.  Ryubatswe ku gaciro ka Miliyoni Frw 80.

Impamvu ryakoze rimwe ngo ni uko ryubatswe nabi.

Babwiye RBA ko ubuyobozi bwagombye kubafasha kurisana kugira ngo rigirire akamaro abari barigenewe biganjemo urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bavuga ko ubwo bahabwaga ririya tanura bari bafite icyizere cy’uko ibibazo by’amikoro make bari bafite bigiye gukemuka ariko ngo siko byagenze.

Si abanyamuryango ba biriya Koperative COTIAGIRU bonyine bahombejwe no kuba iri tanura rishaje ridakoze, ahubwo n’abaturiye aho ryubatse bavuga ko kugurira kure amatafari ahiye nabo bibahenda.

Icyifuzo cy’abanyamuryango ba COTIAGIRU ni uko ririya tanura ryasanwa rikajya rikoresha inkwi kandi ngo byashoboka.

Gusa iki kifuzo birasa naho kitazasubizwa vuba aha cyangwa ntikinasubizwe na gato.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko burimo gutekereza uko iri tanura ryazabyazwa umusaruro mu bundi buryo, aho gukomeza kwangirika.

Iri tanura ryari ryubakiwe abagize Cooperative COTIAGIRU ngo ribafashe mu kubakira abarokotse Jenoside badafite amacumbi mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke.

Iri tanura ryubatswe ku gaciro ka miliyoni Frw 80 rikaba rifite ibyumba 10 byo gutwikiramo amatafari.

Ukurikije igiciro itafari rihiye ririmo kugurwa ubu, bari kuba binjiza  Miliyoni Frw 45 ku mwaka avuye mu matafari gusa.

TAGGED:AmatafarifeaturedItanuraJenosideRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika N’u Burayi Birengagije Afghanistan, u Bushinwa Bubyungukiramo
Next Article Dr.François Xavier Kalinda Wahoze Muri EALA Yagizwe Senateri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?