Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Umuyobozi Ushinzwe Amasomo Yirukanywe Kubera Ubusinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Rusizi: Umuyobozi Ushinzwe Amasomo Yirukanywe Kubera Ubusinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2024 10:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kigo cya Groupe Scolaire Bugumira mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi haravugwa umuyobozi w’iki kigo wirukanywe nyuma y’uko agaragaye ku mbugankoranyambaga yasinze  bikabije avuga n’amagambo y’urukozasoni.

Uyu mugabo witwa Karekezi yakoreraga mu kigo cy’ishuri   mu Murenge wa  Gitambi.

Ikigo akoramo kiri mu Murenge wa Nkombo.

ku wa 22 Ukuboza 2023 mu ibaruwa ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwamwandikiye, bumumenyesha ko ahagaritswe ku mirimo ye by’agateganyo.

Mbere y’uko yirukanwa, hari inama zari zarabanje gutegurwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi zavugiwemo iby’imyitwarire idahwitse ku barezi basinda abandi bakigisha batateguye.

Imwe muri izo nama yateranye taliki 21, Nzeri, 2022, ikaba yari inama y’uburezi itegura itangira ry’umwaka w’amashuri 2022-2023 , yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi n’abarimu bose, iyoborwa na Meya, Dr.Kibiriga Anicet.

Umwe mu myanzuro wagiraga uti: “ Nta mwarimu wemerewe gusinda, agomba kuba intangarugero yambara neza, agahagarara imbere atajorwa n’abanyeshuri.”

Icyakora ingeso y’uriya mwarimu yaranze ku buryo byabaye ngombwa ko ubuyobozi bw’Akarere bumuserera.

Mu ibaruwa UMUSEKE ufitiye kopi, Akarere kandikiye uriya murezi ko yaranzwe n’ubusinzi bukabije, gutukana mu ruhame no kuvuga ibiteye isoni mu ruhame ndetse ngo ntatinye no kubibwira ababyeyi b’abana arera.

Iyo baruwa igira iti:” Nshingiye kuri raporo yawe umuyobozi wa GS Bugumira yangejejeho yo ku wa 18, Ukuboza, 2023, maze gusuzuma iyi raporo, ngasanga imyitwarire yawe yarakomeje kuba mibi, kuva wakwimurirwa kuri GS BUGUMIRA, aho ugereye muri iki kigo ukaba wararanzwe n’ubusinzi bukabije, gutukana ibishizi by’isoni mu ruhame, ntutinye no kubibwira ababyeyi n’abana ushinzwe kurera, inama wagiriwe n’ubuyobozi bwo kwirinda inzoga igihe uri mu kazi na zo ukaba utarazubahirije, ibi bikaba bikomeje kwangiza isura y’ikigo wigishaho, iy’Akarere ka Rusizi n’iy’uburezi muri rusange, iyi myitwarire ikaba itakomeza kwihanganirwa.”

Kibiriga akomeza agira ati: “Nshingiye ku ngingo ya 61 y’Iteka rya Perezida No 064/01 ryo ku wa 16/03/2020 rishyiraho sitati yihariye igenga abarimu b’amashuri y’incuke, abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga n’ubumenyingiro, nkwandikiye nkumenyesha ko uhagaritswe ku mirimo by’agateganyo guhera ku wa 22/12/2023 kubera amakosa akomeye y’akazi ukurikiranyweho.”

Mu karere ka Rusizi harimo abarimu 4041, ibigo by’amashuri abanza byigenga 10, ibigo by’amashuri bifatanya na Leta 64, amashuri y’uburezi bw’ibabanze bw’iyaka icyenda (nine years basic education) ni 48, naho amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka cumi n’ibiri (twelve years basic education) ni 24

Hari n’ibigo birindwi bicumbikira abanyeshuri  na n’amashuri 13 yigisha imyuga n’ubumenyingiro, TVET.

TAGGED:KibirigaMeyaMwarimuRusiziUbusinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruri Kureshya Ba Mukerarugendo Benshi Mu Burayi
Next Article Rwanda: Amashyuza Agiye Kujya Arindirwa Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?