Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Yafatanywe Ibilo 15 By’Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Yafatanywe Ibilo 15 By’Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2023 9:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Mutara, Akagari ka Gahinga mu Murenge wa Mururu hafatiwe umusore w’imyaka 28 y’amavuko afite ibilo 15 by’urumogi yari atwaye kuri Moto.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko uriya musore  yafashwe ubwo abapolisi bari bari mu kazi gasanzwe ko kurwanya magendu n’ubundi bucuruzi butemewe.

Ati: “Mu gitondo cyo ku Cyumweru, ahagana ku isaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice nibwo abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU), babonye moto yari itwawe n’umusore ahetse igikapu barayihagarika, bagisatse bagisangamo ibilo 15 by’urumogi, ahita afatwa.”

Uwafashwe yavuze ko hari uwari wamuhaye ikiraka cyo kuruvana mu Murenge wa Giheke, akarumugereza mu Karere ka Nyamasheke aho yari buhurire n’umukiliya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ntiyegeze agaragaza imyirondoro yabo yaba iy’uwarumuhaye n’uwo yari arushyiriye.

SP Karekezi yaburiye abagifite umugambi wo kwishora mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge ko babicikaho.

Yasabye abamotari kuzibukira gukorana n’abagizi ba nabi harimo n’abacuruza ibiyobyabwenge.

Uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha bukorera kuri Station ya Kameme.

Hamwe n’ibyo yafatanywe, yashyikirijwe Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Kamembe, mu gihe hagikomeje ibikorwa byo gushakisha n’abandi bacyekwaho kubigiramo uruhare.

- Advertisement -

Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye.

Ingingo ya 263 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko; umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika, guha undi, cyangwa kurugurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30.

TAGGED:PolisiRusiziUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Intumwa Zo Muri Arabie Saoudite
Next Article Mirenge Yatanze Impapuro Zimwemerera Guhagararira u Rwanda Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?