Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Yatwitse Ishyamba Rya Leta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu Rwanda

Rusizi: Yatwitse Ishyamba Rya Leta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 September 2024 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iri shyamba ryatwitswe n'umuturage arahunga( Ifoto@ Imvaho Nshya)
SHARE

Mu Kagari ka Gatereri, Umurenge wa Butare, Akarere ka Rusizi hari umugabo ushakishwa  akekwaho gutwika hegitari ebyiri z’ishyamba rya Leta ngo aratwika ibiyorero.

Ishyamba ryahiye ni irihuriweho n’Umurenge wa Butare n’uwa Gikundamvura igice cya Gikundamvra mu Kagari ka Mpinga.

Iri shyamba rikora ku Murenge wa Butare n’uwa Gikundamvura muri Rusizi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikundamvura Baziki Yussuf yabwiye Imvaho Nshya ko uwo mugabo yatwitse iryo shyamba avuga ko ari gutwika  ibiyorero mu murima we wegeranye naryo.

Nyuma yo kuritwika yahise atoroka nk’uko abaturage babivuga.

Yussuf Baziki ati: “Ku bufatanye bw’ubuyobozi, abaturage n’inzego z’umutekano twagerageje kurizimya ku bw’amahirwe riza kuzima nubwo byatinze, uwo mugabo tukaba tukimushakisha”.

Ubuyobozi bw’ibanze bwasabye abaturage kuzibukira ibyo gutwikira ibintu igasozi kuko hari ubwo biba intandaro yo gushumika amashyamba kandi ngo byangiza ibidukikije bikaba byanashyira abantu mu kaga.

Yibukije ko iyo ishyamba rihiye hangirika byinshi bigize urusobe rw’ibinyabuzima, uhereye ku bimera no ku bihumeka biribarizwamo.

Yashimangiye ko uzajya abifatirwamo azajya abihanirwa by’intangarugero.

Yakomoje no ku batema amashyamba ateze neza bashaka kuyatwikamo amakara cyangwa gutwika amatafari ko nabo bakwiye kubireka cyangwa bakabihanirwa.

Gusarura amashyamba adakuze neza nabyo ntibyemewe nk’uko Gitifu abivuga.

TAGGED:GitifuIshyambaRusiziUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Hamas Muri Lebanon Nawe Yishwe
Next Article Kamonyi: Abakoraga Ubujura Barashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?