Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutaremara Asobanura Inkingi ZIKOMEYE FPR-Inkotanyi Yubakiweho Bwa Mbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rutaremara Asobanura Inkingi ZIKOMEYE FPR-Inkotanyi Yubakiweho Bwa Mbere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 September 2022 4:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Inama ngishwanama y’Inararibonye z’u Rwanda Tito Rutaremara avuga ko imigabo n’imigambi Umuryango FPR-Inkotanyi yubakiweho yari ikomeye kandi yari igamije kutazagira Umunyarwanda iheza.

Iyo migabo n’imigambi yari igamije gushaka ibisubizo by’ibibazo byagaragaraga.

Harimo kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda, kubaka demokarasi ibereye Abanyarwanda, kubaka imibereho myiza yabo harimo kubaha amashuri, amavuriro n’ibindi.

Ikindi bashyizemo ko cyagombaga kurwanywa ni ruswa n’akarengane.

Rutaremara avuga ko iriya migabo n’imigambi yagombaga kuba yumvikana neza kandi Abanyarwanda bose bayibonamo.

Avuga kandi ko yagombaga kuba ishyize mu gaciro kandi ishobora guhuzwa n’uko Abanyarwanda babagaho mu bihugu bari barimo kugira ngo bitagira uwo bibangamira muri bo kubera ko ibihugu babagamo nta bwisanzure bari bari bahafite.

Inzego zo gushyira mu bikorwa iby’iriya migabo n’imigambi zari zubatswe neza kandi ziharanira kwigira mu mikorere yazo.

Buri rwego rwabaga rufite Komite njyanama (council), Komite ngenzuzi (inspector) Komite nkozi (executive committee).

Iyi yagombaga gushyira mu bikorwa ibyemejwe.

Yunzemo ko izo nzego zagombaga gukora mu buryo bwa Demukarasi mu gufata ibyemezo no gushyiraho abayobozi.

Yanditse kuri Twitter ati: “ Ibitekerezo bya RPF byagombaga kuganirwaho kuva ku nzego zo hasi bikanyura mu nzego zose ; guhera hasi kugera hejuru, cell, blanch, kuri region(intara) kugera kuri NEC( National Executive Council)  ibyemezo bifashwe bikaba bibaye itegeko kuri buri  wese.”

Ku byerekeye imyitwarire, hari ibice bitatu byagombaga gukurikizwa:

Ibyo ni imikorere ya kirwanashyaka, kwiga, kwiyigisha no kwigisha abandi, kwinenga no kunenga abandi [bagamije kubaka].

Hari kandi ko mu gihe ibintu byose byananiranye, Habyarimana adashaka guhinduka, yananiye igitutu cya  politike  y’abanyamahanga bamufashaga kandi bamutegeka  gushyiraho Demukarasi, uburyo bwa nyuma bwari busigaye bwari ubwitwaga  ‘Operations Z’.

Ni uburyo bw’uko RPF yagombaga gukoresha igitutu cy’imbaraga za gisirikare.

Tito Rutaremara avuga ko mu bindi ateganya kuzaganiriza ho abamukurikira kuri Twitter mu minsi iri imbere, harimo ibyereyeke ishuri politike, ibyigirwagamo n’inshingano z’intore zaryigagamo.

Asobanura ko kandi hazaganirwa no ku ‘ivuka nyirizina’ ry’Umuryango wa RPF.

Umuryango FPR-Inkotanyi uharanira ko Abanyarwanda bose babaho biyubashye kandi bunze ubumwe

 

TAGGED:AbanyarwandafeaturedFPRInkotanyiRutaremara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Telefoni Iracyari Impamvu Ikomeye Y’Impanuka Zihitana Abantu Mu Rwanda
Next Article Gasabo: Afunzwe Akurikiranyweho Kugereranya Ikibazo Cya Kangondo Na Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?