Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruto Yabwiye Amerika Ibyo Afurika Yifuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ruto Yabwiye Amerika Ibyo Afurika Yifuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2024 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Kenya William Ruto yabwiye Abanyamerika ko Afurika y’ubu itandukanye n’iyi ba sekuru bari bazi kera, ko iy’ubu ishaka ko Demukarasi iba ingingo iganirwaho aho kuba ikintu Amerika n’Uburayi bitegeka abandi gukurikiza mu buryo butumvikanyweho.

Ku wa Mbere taliki 20, Gicurasi, 2024 nibwo Ruto yageze muri Amerika.

Yaraye aganiriye abagize Umuryango Carter Foundation witiriwe uwayoboye Amerika witwa Jimmy Carter.

Yagarutse ku bibazo byugarije Afurika birimo ubukene, intambara n’ihirikwa ry’ubutegetsi rimaze iminsi ryumvikana henshi kuri uyu mugabane.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Ruto kandi yabwiye abari bamuteze amatwi ko Afurika ikomeje kugerwaho no kunegekazwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kandi nta ruhare runini igira mu kwangiza ikirere, agasanga ibi nabyo ari akarengane uyu mugabane ukorerwa n’abifite.

Ntiyabuze kandi no kugaruka ku ngingo y’uko imiterere y’urwego rw’imari n’ubucuruzi ku isi ikwiye kuvugururwa kuko ibintu, muri rusange, byahindutse.

Ku ngingo ya Demukarasi, Ruto yagize ati: “ Henshi muri Afurika dufite Guverinoma zashyizweho mu buryo budakurikije itegeko nshinga kandi ibi bidindiza Demukarasi. Niyo mpamvu muri iki gihe dusanga Demukarasi ikwiye kongererwa imbaraga hirya no hino ku isi”.

Yunzemo ko kuba ubukene buri kwiyongera henshi muri Afurika bifitanye isano ya bugufi n’imihindagurikire y’ikirere, bigatuma abantu basonza bityo n’ibyago by’uko intambara n’imidugararo byakwaduka bikiyongera.

N’ubwo atigeze ahingutsa izina ry’igihugu mu kanwa ke, birazwi ko muri Afurika haherutse kuba coups esheshatu ari zo: iyakorewe muri Gabon, Sudan, Niger, Mali, Burkina Faso na Guinea ndetse hari n’iherutse gupfuba muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

- Advertisement -

Nyuma y’uko hari izageze ku ntego; nibwo hatangiye kumvikana amajwi y’abayobozi b’ibyo bihugu bamagana ibihugu bikomeye byabakolonije nk’Ubufaransa na Leta zunze z’Amerika ishaka kudataza ijwi mu bihugu by’Afurika aho Uburusiya nabwo bushaka gushinga ibirenge.

Kuri Perezida Ruto, ibyo byose ni ibyerekana ko Demukarasi y’abo mu Burengerazuba bw’isi icumbagira kuko itakiri ihame abantu bose mu bihugu byose bumva ko bakurikiza byanze bikunze.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 22, Gicurasi, 2024 nibwo biteganyijwe ko Ruto ari buhure n’abagize Inteko ishinga amategeko y’Amerika bakaganira ku bukene n’umwenda biremeye Afurika ku rwego rwo hejuru.

Ari bubwire  abayobozi b’Amerika ko Afurika ikeneye abantu bakorana nayo ubucuruzi mu buryo buyungura kandi bwemeranyijweho n’impande zombi.

Umwenda munini uri mu bidindiza Afurika bityo ntikomeze amajyambere yiyemeje kubera ko amafaranga yo gushora mu mishinga y’ibihugu ngo bitere imbere, ahora yishyurwa.

Kenya ya Ruto iri mu bihugu bikirwana n’uwo mwenda uremereye cyane kandi wafashwe na za Guverinoma zabanje.

Kenya: Umuhuza mu bibazo byinshi…

William Ruto ari gukora politiki mpuzamahanga igamije gushyira Kenya ku ruhando mpuzamahanga mu by’ububanyi n’amahanga, ikaba igihugu gitanga umuti ku bibazo biri ahandi.

Niyo mpamvu, ku bufatanye n’Amerika, Kenya iri hafi kohereza abapolisi muri Haiti kugira ngo bahagarure umutekano wabuze kubera amatsinda y’abagizi ba nabi yahagize icumbi.

Muri iki gihe Kenya kandi iri guhuza Ethiopia na Somalia ku kibazo cy’ubutaka bw’ahitwa Somaliland ibihugu byombi bitumvikanaho.

Gukemura iki kibazo birakorwa binyuze mu kitwa Somaliland Memorandum of Understanding( MoU).

Ibi Kenya irabikora mu gihe iri no guhuza abatavuga rumwe muri Sudani y’Epfo mu masezerano aherutse gusinywa bise Tumaini Initiative.

Mu byumweru bibiri bishize hari abayobozi bakuru muri Amerika bagiye i Nairobi kuganira n’ubuyobozi bwa Kenya ku bibera muri Sudani, Sudani y’Epfo na Somalia.

The East African yemeza ko Somalia nayo ifite ubushake bwo gukorana n’Amerika mu gucubya igitutu ishyirwaho na Ethiopia kandi Amerika igakomeza kuyifasha mu kwigizayo burundu Al Shaabab.

TAGGED:AfurikaAmerikafeaturedKenyaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yavumbuye Abakora Mu Butabera Baryaga Ruswa Mu Ibanga Rikomeye
Next Article Habineza Yajyanye Inyandiko Zaburaga Mu Idosiye Yo Kwiyamamaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?