Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruto Yabwiye Amerika Ibyo Afurika Yifuza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ruto Yabwiye Amerika Ibyo Afurika Yifuza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2024 9:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Kenya William Ruto yabwiye Abanyamerika ko Afurika y’ubu itandukanye n’iyi ba sekuru bari bazi kera, ko iy’ubu ishaka ko Demukarasi iba ingingo iganirwaho aho kuba ikintu Amerika n’Uburayi bitegeka abandi gukurikiza mu buryo butumvikanyweho.

Ku wa Mbere taliki 20, Gicurasi, 2024 nibwo Ruto yageze muri Amerika.

Yaraye aganiriye abagize Umuryango Carter Foundation witiriwe uwayoboye Amerika witwa Jimmy Carter.

Yagarutse ku bibazo byugarije Afurika birimo ubukene, intambara n’ihirikwa ry’ubutegetsi rimaze iminsi ryumvikana henshi kuri uyu mugabane.

Perezida Ruto kandi yabwiye abari bamuteze amatwi ko Afurika ikomeje kugerwaho no kunegekazwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kandi nta ruhare runini igira mu kwangiza ikirere, agasanga ibi nabyo ari akarengane uyu mugabane ukorerwa n’abifite.

Ntiyabuze kandi no kugaruka ku ngingo y’uko imiterere y’urwego rw’imari n’ubucuruzi ku isi ikwiye kuvugururwa kuko ibintu, muri rusange, byahindutse.

Ku ngingo ya Demukarasi, Ruto yagize ati: “ Henshi muri Afurika dufite Guverinoma zashyizweho mu buryo budakurikije itegeko nshinga kandi ibi bidindiza Demukarasi. Niyo mpamvu muri iki gihe dusanga Demukarasi ikwiye kongererwa imbaraga hirya no hino ku isi”.

Yunzemo ko kuba ubukene buri kwiyongera henshi muri Afurika bifitanye isano ya bugufi n’imihindagurikire y’ikirere, bigatuma abantu basonza bityo n’ibyago by’uko intambara n’imidugararo byakwaduka bikiyongera.

N’ubwo atigeze ahingutsa izina ry’igihugu mu kanwa ke, birazwi ko muri Afurika haherutse kuba coups esheshatu ari zo: iyakorewe muri Gabon, Sudan, Niger, Mali, Burkina Faso na Guinea ndetse hari n’iherutse gupfuba muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Nyuma y’uko hari izageze ku ntego; nibwo hatangiye kumvikana amajwi y’abayobozi b’ibyo bihugu bamagana ibihugu bikomeye byabakolonije nk’Ubufaransa na Leta zunze z’Amerika ishaka kudataza ijwi mu bihugu by’Afurika aho Uburusiya nabwo bushaka gushinga ibirenge.

Kuri Perezida Ruto, ibyo byose ni ibyerekana ko Demukarasi y’abo mu Burengerazuba bw’isi icumbagira kuko itakiri ihame abantu bose mu bihugu byose bumva ko bakurikiza byanze bikunze.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 22, Gicurasi, 2024 nibwo biteganyijwe ko Ruto ari buhure n’abagize Inteko ishinga amategeko y’Amerika bakaganira ku bukene n’umwenda biremeye Afurika ku rwego rwo hejuru.

Ari bubwire  abayobozi b’Amerika ko Afurika ikeneye abantu bakorana nayo ubucuruzi mu buryo buyungura kandi bwemeranyijweho n’impande zombi.

Umwenda munini uri mu bidindiza Afurika bityo ntikomeze amajyambere yiyemeje kubera ko amafaranga yo gushora mu mishinga y’ibihugu ngo bitere imbere, ahora yishyurwa.

Kenya ya Ruto iri mu bihugu bikirwana n’uwo mwenda uremereye cyane kandi wafashwe na za Guverinoma zabanje.

Kenya: Umuhuza mu bibazo byinshi…

William Ruto ari gukora politiki mpuzamahanga igamije gushyira Kenya ku ruhando mpuzamahanga mu by’ububanyi n’amahanga, ikaba igihugu gitanga umuti ku bibazo biri ahandi.

Niyo mpamvu, ku bufatanye n’Amerika, Kenya iri hafi kohereza abapolisi muri Haiti kugira ngo bahagarure umutekano wabuze kubera amatsinda y’abagizi ba nabi yahagize icumbi.

Muri iki gihe Kenya kandi iri guhuza Ethiopia na Somalia ku kibazo cy’ubutaka bw’ahitwa Somaliland ibihugu byombi bitumvikanaho.

Gukemura iki kibazo birakorwa binyuze mu kitwa Somaliland Memorandum of Understanding( MoU).

Ibi Kenya irabikora mu gihe iri no guhuza abatavuga rumwe muri Sudani y’Epfo mu masezerano aherutse gusinywa bise Tumaini Initiative.

Mu byumweru bibiri bishize hari abayobozi bakuru muri Amerika bagiye i Nairobi kuganira n’ubuyobozi bwa Kenya ku bibera muri Sudani, Sudani y’Epfo na Somalia.

The East African yemeza ko Somalia nayo ifite ubushake bwo gukorana n’Amerika mu gucubya igitutu ishyirwaho na Ethiopia kandi Amerika igakomeza kuyifasha mu kwigizayo burundu Al Shaabab.

TAGGED:AfurikaAmerikafeaturedKenyaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yavumbuye Abakora Mu Butabera Baryaga Ruswa Mu Ibanga Rikomeye
Next Article Habineza Yajyanye Inyandiko Zaburaga Mu Idosiye Yo Kwiyamamaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?