Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Abagabo Barataka Ko Ingoyi Y’Abagore Babo Ibarembeje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rutsiro: Abagabo Barataka Ko Ingoyi Y’Abagore Babo Ibarembeje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 July 2024 7:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo bo mu Murenge wa Kigeyo  mu Karere ka Rutsiro, basaba inzego za Leta n’abafatanyabikorwa bazo gukorana bya hafi bakabakiza ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo.

Bavuga ko iyo bakoreye amafaranga yose bayafata bakayakusanya bakayaha abagore babo mu rwego rwo kwirinda ko barakara urugo rukabura amahoro.

Bemeza ko nubwo guhuriza hamwe umutungo w’urugo kugira ngo ucungwe neza ari ingenzi, ariko nanone kuba abo bashakanye batagituma umugabo yigurira agacupa nabyo ari ihohoterwa.

Ngo uwiguriye icupa ahita abipfa n’umugore kuko iyo akigera iwe, ahatwa ibibazo nk’aho ibyo yakoze bitari uburenganzira bwe.

Umwe yabwiye bagenzi bacu ba BTN TV ati: “Ubu nta mugabo ugisoma icupa, inzoga ni iy’abagore, unayisomyeho waba ufite ibibazo. Njye mbyambayeho na n’iyi saha sinabitinyuka”.

Kuba barambuwe uburenganzira ku mitungo ni ihohoterwa bavuga ko bakorerwa n’abo bashakanye.

Hari n’uwavuze ko adashobora gutiza ikintu icyo ari cyo cyose mu byo urugo rwe rutunze ndetse n’umupanga ngo ntiyahirahira awutiza umuturanyi.

Umugabo ukuze wo muri wa murenge twavuze haruguru avuga ko nta mugore wumva ko yaca bugufi ngo yumve amabwiriza y’uwo bashakanye.

Uvuga ibi ni umugabo w’imyaka 70 y’amavuko.

Ati “ Umugore ajya aho azajya ategeka, ntabwo umugore akijya gushaka ahantu azajya ategekwa. Nonese njyeho nkubeshye? Dore ndashaje mfite imyaka 70, ntabwo umugore ari kuba aho ategekwa”.

Ubuyobozi ntibuzi iki kibazo…

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo witwa Mudahemuka Christophe avuga  ko icyo kibazo kitari kizwi.

Iby’uko abagabo bakubitwa n’abagore babo bakanabakorera ihohoterwa ritandukanye ni ikintu Mudahemuka avuga ko ‘kitari kimenyerewe’.

Avuga ko ubuyobozi butanga amasomo yo koroherana no gukundana by’abashakanye kandi ayo masomo agahabwa abagabo n’abagore nta guheza bamwe.

Yagize ati: “ Iyo twigisha abantu ibijyanye no kwirinda amakimbirane n’ihohotera, tubimenyesha abantu bose muri rusange. Tubigisha ko bose bagomba kubana mu bworoherane, bakubahirza uburenganzira bwa buri wese”.

Mu mwaka wa 2022 hari Ubushakashatsi bwakozwe kandi butangazwa n’Umuryango utari uwa leta witwa RWAMREC bwagaragaje  ko hari abagabo bagera kuri 18% bakubitwa n’abagore babo ariko ntibabivuge kuko bibatera ipfunwe.

Abagabo bavuga ko byaba ari ububwa kumva umugabo arega umugore we ngo yamukubise.

Kutabivuga bijya bivamo kwihorera bigatuma hari abagabo bica abagore babo, ibintu bigakomera kurushaho.

Mu gihe abagabo bashinja abagore kubabuza gukoresha amafaranga uko babyumva, abagore, ku rundi ruhande, banenga abagabo ko ari abantu basesagura umutungo.

Kuri iyi ngingo, abagabo bavuga ko bafite uburenganzira bwo gukoresha amafaranga yabo ‘ uko babyumva’ kuko akenshi ari bo baba bayavunikiye.

Impamvu zitera abagore gukubita abagabo babo ni nyinshi.

Emerthe Uwitije avuga ko abagore bakubita abagabo akenshi nabo baba barakuze basanga ba Nyina bakubita ba Se.

Ati: “ Ntabwo umugore yatinyuka gukubita umugabo atarabibonye kwa Nyina”.

Kuri we, inyana ni iya mweru bikaba bishatse kuvuga ko ibyo umuntu akora akuze akenshi biba ari ibyo yakuze abonana abamureze cyane cyane ababyeyi.

Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango ivuga ko imwe mu mpamvu zitera imidugararo mu muryango ari utumvikana ku mikoreshereze y’imitungo waba muhahano cyangwa uwo muri wese yishakiye ku giti cye.

Umunyamabanga uhoraho muri iyi Minisiteri witwa Mireille Batamuriza yigeze kubwira itangazamakuru ko hari itegeko rigenga umuryango n’abantu ruri gukorwa ngo rizagene uko abawugize bakwiye kubana.

Mireille Batamuriza. Ifoto@The New Times

Imwe mu ngingo abakora amategeko agenga imibanire mu muryango bahura nayo ikibagora ni ukugena uko bazabana basangiye byose.

Ku runde rumwe, urukundo nirwo rubanza gushingirwaho abakundana bakemeranya ibintu bagendeye ku marangamutima ariko bidatinze ayo marangamutima akaza guhinduka.

Nyuma yo guhinduka nibwo hazamo ikibazo cyo kureba niba imitungo no kuyisaranganya ari byo bikwiye gushyirwa imbere kurusha amarangamutima agenwa n’urukundo.

Ihame ry’uburinganire cyangwa ubwuzuzanye riri mu bintu bikigoye Abanyarwanda[kazi] kubyumva.

Abagabo barifashe nko gushaka kubarutisha abagore, abagore nabo barifata nk’uburyo babonye bwo ‘ kwigaranzura’ abagabo.

TAGGED:AbagaboAbagorefeaturedIhohoterwaRutsiroRWAMREC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Barasaba Leta Kongerera Amahirwe Abana Barwaye Autism
Next Article Biden Agiye Kuzibukira Ibyo Kwiyamamaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?