Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 November 2025 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Evariste Ndayishimiye avuga ko hari abacuruza lisansi batayirangura ku bwende bwabo kandi ihari. Ifoto: BBC.
SHARE

Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse kuvugira muri Komini Bugendana iri mu Ntara ya Gitega ko igihugu cye gifite lisansi ihagije ahubwo ko ba nyiri stations ziyicuruza ari bo banze kujya kuyifata. Icyakora, bo babaza aho iyo lisansi avuga iri!

Abacuruza lisansi bavuga ko iyo babajije sosiyete y’igihugu iyishinzwe bita SOPEBU (Société pétrolière du Burundi) aho lisansi iri ngo bayigure, ntacyo ibasubiza.

Hari umwe muri abo bacuruzi wabwiye Burundi Iwacu ko amaze amezi atatu asabye iyo sosiyete kumuha lisansi ariko yategereje ko ayihabwa agaheba.

Avuga ko nubwo yaba ihari, kuyibona bitoroshye kubera ubuke bwayo, ingingo ihabanye n’ibyo Perezida Ndayishimiye avuga ko kuko we yemeza ko ihari ku bwinshi.

Ati: “ Ikigo SOPEBU kiduha lisansi nke kuko nk’ubu mu mezi atatu ashize nahawe litiro 25,000 kandi nari nasabye ingana na litiro 30,000 kandi zose nari narazishyuye mbere. Rimwe baguhe litiro 5000, ubundi ntibagire icyo baguha, bikagusaba gutereza igihe kirekire.”

Iby’uko ikosa ari iry’abacuruzi, we arabikahakana avuga ko nta kuntu umucuruzi wubatse igikorwaremezo cy’ubucuruzi atakwishimira kurangura kandi ari byo bituma acuruza.

Yunzemo ati: “Twubatse stations za lisansi kugira ngo ducuruze, twunguke. Kuvuga ko ari twe tudashaka kuyirangura ndumva byaba ari ukudashyira mu gaciro.”

Mu mvugo yumvikanamo kurakara, uyu mucuruzi utatangajwe amazina avuga ko aho ibintu bigeze, agiye kuzasenya iriya station, aho yari iri akahubaka butiki kuko ari yo abona yakunguka.

Asanga ibyiza ari uko Leta yakongera ubwinshi bw’iyo itumiza hanze, ikareka gushinja abacuruzi kutayirangura, kuko ibaye ihari ihagije ntawakwanga kuyirangura cyanecyane ko icyo gihe yaba inahendutse.

Perezida Ndayishimiwe we avuga ko lisansi itakiri ikibazo ahubwo ko abacuruzi babigendamo biguru ntege ntibayirangure ngo bayigurishe abaturage.

Muri Komini Bugendana yo muri  Gitega, yahavugiye ko ibintu nibikomeza gutyo Leta izafatira izo stations za lisansi igatangira kuba ari yo izikoresha mu nyungu z’abaturage.

Ibi ariko hari umwe mu bakurikiranira hafi politiki y’Uburundi witwa Jean Ndenzako akaba n’umuhanga mu bukungu uvuga ko byaba ari ukwivanga mu mikorere y’urwego rw’abikorera ku giti cyabo kuko kubaka izo stations byaba ari uguca intege ishoramari ryigenga.

Ndenzako ati: “ Ibibazo byo kutabona ibikomoka kuri petelori biri mu Burundi ntibyakuruwe n’abikorera ku giti cyabo badasora cyangwa ngo bagire ikindi kibi bakora, ahubwo byakuruwe n’uko Leta idafite amadovize($) yo kubitumiza hanze.”

Mu mpera z’umwaka wa 2023, amadolari Uburundi bwari bubitse mu isanduku yabwo yashoboraga kubufasha gutumiza lisansi y’iminsi 24 gusa.

Ibi ni Jean Ndenzaho ubyemeza atyo.

Asobanura ko iyo Perezida Ndayishimiye avuga kuriya, aba ari gutanga ubutumwa bubi ku bikorera haba imbere mu gihugu n’abandi batekerezaga kuzagishoramo mu gihe kiri imbere.

Kuri we, ibivugwa n’Umukuru w’igihugu biramutse bikozwe uko byakabaye, byazagira ingaruka ku cyekerezo cy’iterambere Uburundi bwihaye cy’umwaka wa 2040-2060 cy’uko  buzaba ari igihugu gifite aho gihagaze mu bukungu.

Abikorera mu Burundi bategereje kureba ikizakurikira iyo mbwirwaruhame ya Perezida wa Repubulika.

TAGGED:AbacuruziAmadovizefeaturedLisansiNdayishimiyeUburundi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha
Next Article Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?