Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamagana: Biyogazi Mu Midugudu Y’Ikitegererezo Zarumye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwamagana: Biyogazi Mu Midugudu Y’Ikitegererezo Zarumye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2023 7:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Kitazigurwa babwiye Visi Perezida wa Sena y’u Rwanda Hon Espérance Nyirasafari na Hon Evode Uwizeyimana ko biyogazi zabo zumwe.

Bavuga ko kubona icyo utekeresha ibiribwa ari ingorabahizi kuko ibicanwa bitaboneka.

Gutema ibiti ntibyemewe keretse iby’ishyamba rikuze kandi nabyo bisabirwa uburenganzira.

Ni  mu rwego rwo kurengera ibidukikije.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abatuye Umudugudu wa Kitazigurwa babwiye Abasenateri imibereho yabo, bababwira ko kimwe mu kiyibangamiye ari ukutabona ibicanwa ‘bihagije’.

Muri uyu Mudugudu hari zimwe mu nzu zubakiwe biyogazi ngo zizabafashe kubona ibicanwa ariko hitawe no kurengera ibidukikije ariko ntizigeze zikora igihe kinini.

Abaturage babwiye Abasenateri ko Biyogazi itegeze ibabera igisubizo

Ahitwa i Ruhunda ho, hari rondereza rubakiwe amashyiga ariko kubona urukwi rwo kurondereza nabyo byabaye ikindi kibazo.

Umudugudu wa Kitazigurwa uba mu Murenge wa Muhazi n’aho uwa Ruhunda uba mu Murenge wa Gishari.

Ikinyamakuru Muhaziyacu kivuga ko umuturage witwa Niyonasenze yabwiye Visi Perezida wa Sena ko aho batujwe ari kure y’aho bororera bityo kubona amase yo gushyira muri biyogazi bikaba byarananiranye.

- Advertisement -

Yagize ati: “ Biyogai irahari ariko ntigikora.  Aho bubatse inzu zacu ni kure kandi kubona amase nabyo biragoranye kuko byibuze bigusaba ibase ebyiri z’amase za buri munsi”.

Avuga ko kubona ibicanwa bibagora cyane kuko inkwi zihenda kandi no gutashya inkwi z’ishyamba nabyo bikagora abafite intege nke.

Abatujwe mu Mudugudu wa Ruhunda  bo bemeza ko kubona inkwi bigoye.

Ngo inkwi eshatu zigura Frw 1000.

Abatuye iyi midugudu yombi basaba Leta ko yareba uko iborohereza kubona ibicanwa kugira ngo batazabona icyo guteka kibapfira ubusa n’ubwo kukibona nabyo bitoroshye.

Hari umuturage uvuga ko amafaranga y’ingoboka bahabwa angana na Frw 12,000 adashobora kugurwamo gazi hanyuma ngo umuntu abone uko ahaha ibindi akeneye.

Ni ikibazo kiri hose-Hon Nyirasafari…

Visi Perezida wa Sena Nyirasafari Espérance yavuze ko ikibazo cya biyogazi ari ikibazo yabonye ahantu hose hari imidugudu y’icyitegererezo,

Visi Perezida wa Sena Nyirasafari Espérance

Ati: “Abasenateri bari hirya no hino mu gihugu babonye ko  ikibazo cy’ibicanwa ni ikibazo cyagaragajwe hose. Ni ukuvuga ngo Leta ikwiye gutekereza ubundi buryo bwatuma abaturage babona ibyo bakoresha nk’ibicanwa ku buryo buboroheye”.

Nyirasafari avuga bashaka kugira inama Guverinoma yo  kureka igitekerezo cya Biyogazi mu baturage ahubwo igakoreshwa mu bigo by’amashuri, za gereza n’ahandi haba abantu benshi,

Umudugudu wa Kitazigurwa ni umwe mu midugudu yubatswe bwa mbere nk’ uw’icyitegererezo.

Umaze imyaka 13 wubatswe mu karere ka Rwamagana mu kagari ka Kitazigurwa na Ntebe.

Utuyemo imiryango 217 igizwe  n’abaturage 916, ugizwe n’inzu 20 ziturwamo n’umuryango umwe (single house), inzu enye ziturwamo n’imiryango 2 (2 in 1) n’inzu enye ziturwamo n’imiryango ine (4 in 1).

Umudugudu wa Ruhunda mu Murenge wa Gishari wo utuwe mu mwaka wa 2019, utuzwamo imiryango 34 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 batagiraga aho baba.

TAGGED:AbaturageBiyogazifeaturedImiduguduNyirasafariRwamaganaSenateriUmudugudu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Ubwoba Ko Abanyamerika Baba Muri Uganda Bashobora Kurogwa
Next Article Nigeria: Abantu 103 Bapfiriye Mu Mpanuka Y’Ubwato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?