Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamagana: Hibutswe Abana n’Abagore Bishwe Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwamagana: Hibutswe Abana n’Abagore Bishwe Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2022 9:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kugira ngo hatazagira Umututsi n’umwe urokoka ngo hazagire abamubona, abakoze Jenoside bishe n’abana b’Abatutsi. Muri bo hari abiciwe ahitwa i Sovu mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana.  Bakubiswe ku nkuta, baterwamo n’urusenda ngo rubarye kandi rubaheze umwuka.

Abana biciwe muri kiriya gice hamwe na ba Nyina, ba Nyinawabo, ba Nyirasenge n’abandi bagore baraye bibukiwe mu muhango wabereye ku Musozi wa Sovu mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana witabiriwe na Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Prof Jeannette Bayisenge.

Aka gace kahoze kari muri Komini Rutonde.

Aho imibiri y’Abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Sovu

Abicanyi bakoranyirije abana n’abagore mu byumba by’amashuri biri i Sovu, abagore bamwe zibafata ku ngufu ntizabica, abandi bo zirabica n’aho abana zikabacugusa zigakubita ku nkuta z’amashuri.

Nyuma yo kubica, ntizemeye ko bapfuye neza ahubwo zakaranze n’urusenda zirubasukamo kugira ngo rubarye, kandi rubabuze umwuka ‘bapfe bababaye cyane.’

Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Prof Jeannette Bayisenge yasabye Abanyarwanda kumva ko urukundo ari rwo rugomba kubaranga.

Prof Bayisenge Jeannette mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uriya muhango

Ikindi ni uko kwigisha amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari kimwe mu byatuma abayihakana cyangwa bakayipfobya batabona icyuho cyo kubikora ngo babure ubanyomoza.

RBA yanditse ko Akarere ka Rwamagana gafite inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 zigera kuri 11 zikaba ziruhukiyemo imibiri y’Abatutsi isaga ibihumbi 83.

Akarere ka Rwamagana gakora no ku cyahoze ari Komini Rutonde.
TAGGED:AbatutsiBayisengefeaturedJenosideMinisitiriRutondeSovu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Yafatanywe Litiro 30 Za Kanyanga
Next Article Mu Gihe Kitageze Ku Mezi Abiri, Miliyoni 5 Z’Abanya Ukraine Babaye Impunzi Z’Intambara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?