Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: 71% By’Ubutaka Bwateguriwe Kuhirwa Ntibwuhiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: 71% By’Ubutaka Bwateguriwe Kuhirwa Ntibwuhiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 November 2023 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibikubiye muri raporo iherutse kunonosorwa na Komite y’Abadepite ikurikirana ubuhinzi, ubworozi no kwita ku bidukikije. Abayigize basabye Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi gukemura iki kibazo kugira ngo bizamure n’umusaruro ukomoka ku buhinzi.

Umusaruro muke wo mu buhinzi uri mu butuma ibiciro ku isoko bizamuka nk’uko bikunze kugarukwaho na Banki nkuru y’u Rwanda ndetse na Minisiteri y’imari n’igenamigambi, MINECOFIN.

Nyuma yo gusuzuma ibyavuye muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Abadepite bagize iriya Komisiyo basanze hari icyuho kinini mu mikoreshereze y’ubutaka bwaunganyirijwe kuhirwa kuko 29% ari bwo buso bwonyine bwuhiwe.

Umuyobozi wayo Hon Depite Alice Kayumba Uwera avuga ko kuba buriya butaka butaruhiwe byatubije umusaruro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri we kandi ni igihombo ku gihugu gifite abahinzi bakesha umusaruro imvura n’izuba binyuranyuranamo.

Ubutaka bw’u Rwanda bwuhirwa bugaragara mu bishanga ndetse n’imusozi.

Ubwagombaga kuhirwa byose hamwe bungana na hegitari 18,000, bukaba buri kuri site 31 hirya no hino mu gihugu.

Nyuma yo gusuzuma no kuganira kuri ibyo byose, Abadepite basabye Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi gushaka uko yakuhira ubwo butaka bwose.

Abadepite kandi basanze hari ubutaka bwari bugenewe kuhirwa ahubwo bwahinduwe urwuri.

- Advertisement -

Hagati aho kandi ibikoresho bimwe na bimwe byo gukoresha mu kuhira byarangiritse.

Ibyo ni ibyari bwuhire ibishanga bya Nasho, Musheri, Mahama, Rurambi na Gashora.

Raporo yerekana  ko hari n’ibidamu( dams) byangiritse ku buryo bitagifata amazi ngo abahinzi bashobore kuyuhiza.

Ibyo ni ibyo muri Base muri Ruhango, i Kageyo muri Kayonza, i Mahama muri Kirehe na Cyabayaga muri Nyagatare.

Iyo ubisuye usanga byuzuye umusenyi n’inombe.

Mu yandi mapaji y’iriya raporo handitsemo ko n’igishanga cya Rurambi nacyo cyangijwe n’umwuzure w’uruzi rw’Akagera, ibi bikaba byaratijwe umurindi n’uburangare bwa RAB yasinyanye na rwiyemezamirimo amasezerano yo kuzagitunganya ku ngengo y’imari ya Miliyari Frw 2.5 ariko ntibyakorwa nk’uko byateganyijwe.

U Rwanda rusanganywe intego y’uko bitarenze umwaka wa 2024 ruzaba rwaruhiye hegitari 102,000.

Icyakora bisa n’aho ari inzozi kubera ko kugeza mu mwaka wa 2021-2022, ubutaka bungana na hegitari 68,000 nibwo bwari bwaruhiwe bwonyine.

Ni imibare itangazwa na raporo ya Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ya 2021-2022.

TAGGED:featuredKuhiraMINAGRIRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Inkende Zitaba Muri Pariki Zigiye Kuzakorerwa ‘Operation’
Next Article Umusirikare W’Uburundi Waguye Muri DRC Yashyinguwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?