Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: 71% By’Ubutaka Bwateguriwe Kuhirwa Ntibwuhiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: 71% By’Ubutaka Bwateguriwe Kuhirwa Ntibwuhiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 November 2023 8:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibikubiye muri raporo iherutse kunonosorwa na Komite y’Abadepite ikurikirana ubuhinzi, ubworozi no kwita ku bidukikije. Abayigize basabye Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi gukemura iki kibazo kugira ngo bizamure n’umusaruro ukomoka ku buhinzi.

Umusaruro muke wo mu buhinzi uri mu butuma ibiciro ku isoko bizamuka nk’uko bikunze kugarukwaho na Banki nkuru y’u Rwanda ndetse na Minisiteri y’imari n’igenamigambi, MINECOFIN.

Nyuma yo gusuzuma ibyavuye muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta, Abadepite bagize iriya Komisiyo basanze hari icyuho kinini mu mikoreshereze y’ubutaka bwaunganyirijwe kuhirwa kuko 29% ari bwo buso bwonyine bwuhiwe.

Umuyobozi wayo Hon Depite Alice Kayumba Uwera avuga ko kuba buriya butaka butaruhiwe byatubije umusaruro.

Kuri we kandi ni igihombo ku gihugu gifite abahinzi bakesha umusaruro imvura n’izuba binyuranyuranamo.

Ubutaka bw’u Rwanda bwuhirwa bugaragara mu bishanga ndetse n’imusozi.

Ubwagombaga kuhirwa byose hamwe bungana na hegitari 18,000, bukaba buri kuri site 31 hirya no hino mu gihugu.

Nyuma yo gusuzuma no kuganira kuri ibyo byose, Abadepite basabye Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi gushaka uko yakuhira ubwo butaka bwose.

Abadepite kandi basanze hari ubutaka bwari bugenewe kuhirwa ahubwo bwahinduwe urwuri.

Hagati aho kandi ibikoresho bimwe na bimwe byo gukoresha mu kuhira byarangiritse.

Ibyo ni ibyari bwuhire ibishanga bya Nasho, Musheri, Mahama, Rurambi na Gashora.

Raporo yerekana  ko hari n’ibidamu( dams) byangiritse ku buryo bitagifata amazi ngo abahinzi bashobore kuyuhiza.

Ibyo ni ibyo muri Base muri Ruhango, i Kageyo muri Kayonza, i Mahama muri Kirehe na Cyabayaga muri Nyagatare.

Iyo ubisuye usanga byuzuye umusenyi n’inombe.

Mu yandi mapaji y’iriya raporo handitsemo ko n’igishanga cya Rurambi nacyo cyangijwe n’umwuzure w’uruzi rw’Akagera, ibi bikaba byaratijwe umurindi n’uburangare bwa RAB yasinyanye na rwiyemezamirimo amasezerano yo kuzagitunganya ku ngengo y’imari ya Miliyari Frw 2.5 ariko ntibyakorwa nk’uko byateganyijwe.

U Rwanda rusanganywe intego y’uko bitarenze umwaka wa 2024 ruzaba rwaruhiye hegitari 102,000.

Icyakora bisa n’aho ari inzozi kubera ko kugeza mu mwaka wa 2021-2022, ubutaka bungana na hegitari 68,000 nibwo bwari bwaruhiwe bwonyine.

Ni imibare itangazwa na raporo ya Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ya 2021-2022.

TAGGED:featuredKuhiraMINAGRIRwandaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Inkende Zitaba Muri Pariki Zigiye Kuzakorerwa ‘Operation’
Next Article Umusirikare W’Uburundi Waguye Muri DRC Yashyinguwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?