Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ababyeyi Batita Kubo Babyaye Basabiwe Ibihano Bishingiye Ku Itegeko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Batita Kubo Babyaye Basabiwe Ibihano Bishingiye Ku Itegeko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2022 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe igororamuco, National Rehabilitation Servises, Bwana Fred Mufuluke aherutse kuvugira mu ruhame ko aho ibintu bigeze, ari ngombwa ko Leta ihana ababyeyi babaye ba Terera Iyo, ntibite ku burere bw’abo bibarutse.

Mufulukye yemeza ko Leta y’u Rwanda ntacyo iba itakoze ngo irwaze Umunyarwanda arebe ko yasubira mu buzima bukurikiza amategeko, akore ibikwiye.

Avuga ko kuba hari abana bagororerwa mu bigo bya Leta ari umuhati iba yashyizeho ariko ngo ubusanzwe amategeko arimo n’Itegeko nshinga avuga ko umwana w’u Rwanda arererwa mu muryango.

ikora ibishoboka byose ikabanza kurwaza Umunyarwanda, kugira ngo ashobore gukora ibikwiye, ariko ngo uhereye no kw’itegeko Ishinga rya Repabulika y’u Rwanda, umwana arererwa mu muryango.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyakora yemeza ko hari ababyeyi batakigira icyo bitaho, bityo ko inzego zikwiye gukorana kugira ngo babihanirwe ‘nibiba ngombwa banafungwe.’

Aherutse kubitangariza mu muhango wo gusura abagororerwa mu Kigo cy’igororamuco cya Gitagata, kiri mu Kagari ka  Gitagata, mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera.

Kigali Today yasubiye mu byo Mufuluke yavuze aho yagize ati: “Hari n’andi mategeko, itegeko ry’umuryango, itegeko rirengera abana, ingingo zirahari ziteganya n’ibihano ku mwana wavukijwe uburenganzira, icyo tugiye gukora ni ugufatanya n’inzego. Tumaze iminsi twigisha, bizakomeza, ariko turabona no guhana bigomba kuzamo, kugira ngo abarenga ku nshingano babibazwe”.

Yunzemo ko hari n’ibihano biteganyijwe bijyanye no gufunga, ibijyana n’amande byose bigakorwa bitewe n’uburemere bw’ikibazo.

Mufuluke avuga ko kubanza kwigisha no gufasha byakozwe igihe kirekire ariko ngo abantu bitege ko n’ibihano bigenwa n’amategeko nabyo bizaboneka.

- Advertisement -

Ati: “ Kandi muzabibona!”

Umubyeyi witwa Jean Pierre Tujyimbere wari waje muri kiriya gikorwa yavuze ko hari ababyeyi bakuye abana babo umutima k’uburyo umwana abona Se akihisha cyangwa umutima ugatera.

Bituma hari bamwe muri bo bahunga iwabo bakajya gushakira amahoro hirya.

Aho ngo ni hamwe mu hava ibibazo, umwana akaba ikirara.

Mu kigo cya Gitaganta hari kugororerwa abantu 325 barimo abagore 147, abakobwa 35 hamwe n’abana bato 143, bafatiwe mu bice bitandukanye by’igihugu bari mu bikorwa by’ubuzererezi.

Hari umwana waganirije itangazamakuru avuga ko yavuye iwabo ahunga ko bamukoreshaga imirimo imuvuna.

Ubushakashatsi butandukanye ndetse n’ibitangazwa n’abashinzwe uburenganzira bw’abana bavuga ko amakimbirane mu miryango ari yo atuma abenshi bahunga iwabo.

Uretse ikigo ngororamuco cya Gitagata, mu Rwand  hari ibindi  birimo icya Iwawa mu Karere ka Rutsiro, n’ikigo cy’i Nyamagabe, byose bikaba bigororerwamo abasaga 5,000.

TAGGED:AbanaBugeseraGitagaraIkigoMufulukeNgororamuco
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Barishwe Bashyirwa Mu Masanduku Bimenyekana Atejwe Cyamunara
Next Article Abasigajwe Inyuma N’Amateka B’i Gasabo Bataka Ko Babuze Ibumba
5 Comments
  • https://www.canadianyouthdelegate.org/profile/slot-deposit-pulsa-telkomsel-xl/profile says:
    21 August 2022 at 1:41 am

    Hello would you mind letting me know which web host you’re working with?
    I’ve loaded your blog in 3 different web browsers and I must say this blog loads
    a lot faster then most. Can you suggest a good internet hosting provider at a reasonable price?
    Cheers, I appreciate it!

    Reply
  • link slot gacor 2022 says:
    21 August 2022 at 1:46 am

    whoah this weblog is wonderful i really like reading your posts.
    Stay up the good work! You know, a lot of people are searching round for this
    info, you could help them greatly.

    Reply
  • fun88 says:
    21 August 2022 at 3:56 am

    You actually make it seem so easy with your presentation but I find this matter to be really
    something which I think I would never understand. It seems too complicated and extremely broad for me.
    I’m looking forward for your next post, I will try to get the hang of it!

    Reply
  • دانلود پریست says:
    21 August 2022 at 5:13 am

    Thanks , I’ve just been searching for info approximately this topic for a long time and yours is
    the greatest I’ve found out so far. However, what concerning the conclusion? Are you certain concerning the
    source?

    Reply
  • www.Links.M106.COM says:
    21 August 2022 at 6:57 am

    Im not going to say what everyone else has already said, but
    I do want to comment on your understanding of the topic.
    Youre truly well-informed.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?