Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abakozi Ba Leta BAYIBYE Ibizamini By’Akazi Kimwe Bakakigurisha Frw 500,000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta BAYIBYE Ibizamini By’Akazi Kimwe Bakakigurisha Frw 500,000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2024 3:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

RIB yatanye muri yombi abakozi umunani bo mu nzego za Leta nyuma y’ igihe ibakoraho iperereza ku byaha byo kwiba no kugurisha ibizamini by’akazi.

Abo bakozi barimo abagenzuzi b’imari(internal auditors), abashinzwe ishoramari n’umurimo.

Umwe muri bo ni umugenzuzi mu kigo cy’u Rwanda gishinzwe amakoperative, undi akora muri RGB, umukozi w’Akarere ka Ruhango, uwo mu Karere ka Ngoma, umukozi mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, uwo mu Murenge wa Kigembe mu Karere ka Gisagara, uwo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, n’undi wo mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara.

RIB yafashemo abantu umunani

Abo bose bakurikiranyweho ibyaha bitanu:

-Gusaba no kwakira indonke, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kudasobanura inkomoko y’umutungo, kwinjira mu makuru abitswe muri mudasobwa cyangwa mu rusobe rwa mudasobwa no kwiyitirira umwirondoro.

Ubugenzacyaha bwaraperereje bumenya uko ibyo byaha byakozwe.

Amakuru yeretse RIB ko abakoze ibi byaha bibaga ibizamini muri système ya Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo, iyi système yitwa e-recruitment, ababyibye bakabigurisha abagiye guhatanira umwanya w’akazi runaka.

Ikizamini bakigurishaga amafaranga agera kuri Frw 500,000 cyangwa akarenga bishingiye ku uguciririkanya.

Ubugenzacyaha buvuga ko bukomeje iperereza kugira ngo hatahurwe n’abandi baba baragiye mu mirimo muri ubwo buryo.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha, Dr. Thierry. B. Murangira avuga ko ibyaha bariya bantu bakurikiranyweho bihanishwa ibihano bitandukanye, igito muri byo kikaba icy’imyaka ibiri n’aho igihano kinini kikaba imyaka 10.

Hejuru y’iyi myaka y’igifungom hiyongeraho ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda( Frw) yikubye inshuro ziri hagati y’eshatu n’eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye cyangwa z’umutungo adashobora kugaragaza aho ukomoka mu buryo bwemewe n’amategeko.

Dr. Murangira yongeye kwibutsa Abanyarwanda ko uburinganya na ruswa ari ibyaha bihanwa n’amategeko bityo bakwiye kubyirinda.

Dr. Murangira asaba abantu kureka ibyaha

Avuga ko kwiba ibizamini ari bibi mu buryo bubiri kuko, ubwa mbere, ari icyaha gihanwa n’amategeko ariko bikaba no guhemukira uwari butsindire uwo mwanya binyuze mu ipiganwa rigenwa n’amategeko.

 

TAGGED:AKAZIfeaturedIbizaminiMinisiteriMurangiraRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Mukinnyi W’Ikipe Ya Israel Yatwaye Agace Ka Gatandatu
Next Article FAO Irasaba Abanyarwanda Kwibuka Kurya Indyo Gakondo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?