Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abakozi Ba Leta BAYIBYE Ibizamini By’Akazi Kimwe Bakakigurisha Frw 500,000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta BAYIBYE Ibizamini By’Akazi Kimwe Bakakigurisha Frw 500,000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2024 3:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

RIB yatanye muri yombi abakozi umunani bo mu nzego za Leta nyuma y’ igihe ibakoraho iperereza ku byaha byo kwiba no kugurisha ibizamini by’akazi.

Abo bakozi barimo abagenzuzi b’imari(internal auditors), abashinzwe ishoramari n’umurimo.

Umwe muri bo ni umugenzuzi mu kigo cy’u Rwanda gishinzwe amakoperative, undi akora muri RGB, umukozi w’Akarere ka Ruhango, uwo mu Karere ka Ngoma, umukozi mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, uwo mu Murenge wa Kigembe mu Karere ka Gisagara, uwo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, n’undi wo mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara.

RIB yafashemo abantu umunani

Abo bose bakurikiranyweho ibyaha bitanu:

-Gusaba no kwakira indonke, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kudasobanura inkomoko y’umutungo, kwinjira mu makuru abitswe muri mudasobwa cyangwa mu rusobe rwa mudasobwa no kwiyitirira umwirondoro.

Ubugenzacyaha bwaraperereje bumenya uko ibyo byaha byakozwe.

Amakuru yeretse RIB ko abakoze ibi byaha bibaga ibizamini muri système ya Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo, iyi système yitwa e-recruitment, ababyibye bakabigurisha abagiye guhatanira umwanya w’akazi runaka.

Ikizamini bakigurishaga amafaranga agera kuri Frw 500,000 cyangwa akarenga bishingiye ku uguciririkanya.

Ubugenzacyaha buvuga ko bukomeje iperereza kugira ngo hatahurwe n’abandi baba baragiye mu mirimo muri ubwo buryo.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha, Dr. Thierry. B. Murangira avuga ko ibyaha bariya bantu bakurikiranyweho bihanishwa ibihano bitandukanye, igito muri byo kikaba icy’imyaka ibiri n’aho igihano kinini kikaba imyaka 10.

Hejuru y’iyi myaka y’igifungom hiyongeraho ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda( Frw) yikubye inshuro ziri hagati y’eshatu n’eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye cyangwa z’umutungo adashobora kugaragaza aho ukomoka mu buryo bwemewe n’amategeko.

Dr. Murangira yongeye kwibutsa Abanyarwanda ko uburinganya na ruswa ari ibyaha bihanwa n’amategeko bityo bakwiye kubyirinda.

Dr. Murangira asaba abantu kureka ibyaha

Avuga ko kwiba ibizamini ari bibi mu buryo bubiri kuko, ubwa mbere, ari icyaha gihanwa n’amategeko ariko bikaba no guhemukira uwari butsindire uwo mwanya binyuze mu ipiganwa rigenwa n’amategeko.

 

TAGGED:AKAZIfeaturedIbizaminiMinisiteriMurangiraRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Mukinnyi W’Ikipe Ya Israel Yatwaye Agace Ka Gatandatu
Next Article FAO Irasaba Abanyarwanda Kwibuka Kurya Indyo Gakondo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?