Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abana 561 Bafite Ubumuga Batangiye Ibizamini By’Abanza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abana 561 Bafite Ubumuga Batangiye Ibizamini By’Abanza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2023 2:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyeshuri basaga ibihumbi 202 biga mu mashuri abanza batangiye ibizamini bya Leta birangiza  umwaka wa 2022/23. Muri bo abahungu ni 91,067 n’abakobwa 111,900, bose hamwe bakaba abana 202,967.

Imibare yatangajwe n’Ikigo gishinzwe ibizamini no kugenzura amashuri, NESA, ivuga ko muri abo bana bose, abagera kuri 561 ari bo bonyine bafite ubumuga.

Minisitiri Gaspard Twagirayezu na mugenzi we Irere Claudette bari mu babitangije ikorwa ry’ibi bizami babwiye bariya bana ko iyo umuntu yize neza kandi agakora ibizamini atuje, abitsinda.

Gaspard Twagirayezu

Bababwiye kwirinda kubikorana igihunga ahubwo bagatuza bagasubiza ibyo babajijwe batikanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga n’Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro Irere Claudette, yabwiye abana basaga 450 bakorega ahitwa Camp Kigali  ko bagiye kugaragaza ko ibyo bize babimenye.

Yababwiye ati: “Mwarize, mwariteguye neza, ubu mugiye kutwereka ko mwabimenye, umwaka utaha tuzahurira mu mashuri yisumbuye, mugire amahirwe, Imana ibarinde.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga n’Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro Irere Claudette

Umuyobozi w’agateganyo w’ishami ry’ibizamini muri NESA witwa Kanamugire Camile avuga ko mu myaka itatu bamaze bategura ibi bizamini hari icyahindutse ugereranyije na mbere NESA itarabaho.

Yabwiye itangazamakuru ati: “ Igikomeye cyahindutse mu kwitegura ibizamini ni uko ubu dufatanya n’abarimu mu gutegura imishinga y’ibibazo no kubinononsora twe tugasigarana gusa ububasha bwo kugitunganya kuko kiba ari ikizamini cy’igihugu kidakwiye gukorwa n’umuntu wo hanze ariko tugendera kubyo baba baduhaye.

Avuga kandi ko ikorarabuhanga ryongewemo ryatumye kwandika abanyeshuri byihutishwa.

- Advertisement -

Yatanze urugero rw’uko kugeza ubwo batangaga biriya bizamini, bari bazi neza umubare w’abanyeshuri bose biyandikishije kandi ngo bibafasha no kumenya uko bakora ibyo bizami.

Umubare w’abanyeshuri basoza ibizamini by’amashuri abanza mu mwaka wa 2023 waragabanutse ugereranyije n’ababikoze mu myaka ibiri ishize kuko abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta mu mashuri abanza mu 2020/2021 bari 250.443 mu gihe abakoze muri 2021/2022 bari 227.720.

Abanyeshuri basaga ibihumbi 202 biga mu mashuri abanza batangiye ibizamini bya Leta
TAGGED:AbanyeshurifeaturedIbizamiLetaNESATwagirayezuUmubare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburusiya Bwongeye Kwanga Ko Ingano Zigera Ahandi Ku Isi
Next Article Muhanga- Ngororero: Abantu 11 Bapfiriye Mu Mpanuka Y’Ubwato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?