Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dufashe Abakobwa Kubona Ikoranabuhanga Mu Myigire Y’Iki Gihe Cya COVID-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Dufashe Abakobwa Kubona Ikoranabuhanga Mu Myigire Y’Iki Gihe Cya COVID-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2021 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abivuze mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye Inama yigaga ku ikoreshwa ryagutse ry’umuyoboro mugari mu gutanga murandasi yiswe ‘Building The Bandwidth’.

Kagame yavuze ko kwiga muri iki gihe abantu batemerewe kwegerana kubera icyorezo COVID-19 byabaye ihurizo rikomeye kuko bisaba ikoranabuhanga ryifashisha murandasi kandi ngo ibikoresho byaryo ndetse naryo ubwaryo birahenze.

Umukuru w’Igihugu avuga ko n’ubwo kwiga muri ubu buryo bigoye kuri bose, ariko ku bakobwa bo ho ngo bifite umwihariko.

Ati: “ Dufite inshingano yo guharanira ko abakobwa bacu na bashiki bacu badasigara inyuma cyane mu gukoresha murandasi, tugakora uko dushoboye tukabafasha kuyibona itabahenze.”

Uburezi ni inkingi y’iterambere rirambye.

Yabwiye abari bamuteze amatwi ko u Rwanda rwatangiye kandi ruzakomeza Politiki yo kuzamura imyigire y’umukobwa cyane cyane ifitanye isano n’ikoranabuhanga.

Yabahaye urugero rw’Ishuri ryigisha abakobwa gukora porogaramu za Mudasobwa riba mu Karere ka Nyabihu ryitwa Rwanda Coding Academy,  50% y’abanyeshuri baryigamo bakaba ari abakobwa.

Si iri shuri gusa , ahubwo hari n’ibigo byigisha imibare , siyansi n’ikoranabuhanga biri ku rwego mpuzamahanga nka African Institute of Mathematical Sciences, Carnegie Mellon University-Africa, Kaminuza nkuru y’u Rwanda n’ibindi.

Umukuru w’u Rwanda yarangije ijambo rye avuga ko abatuye igihugu ayoboye bazakomeza gukora uko bashoboye bagateza imbere uburezi budaheza kandi mu nzego zose.

N.B: Ifoto ibanza yafashwe mu bihe byo hambere ya COVID-19. Hari tariki 03, Nyakanga, 2012 Perezida Kagame yasuye abakobwa biga muri Gashora Girls Academy.

 

TAGGED:AbakobwaCOVID-19featuredKagameMurandasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafaransa Mu Mugambi Wo Kwica Perezida Wa Madagascar
Next Article Dore Impamvu Zitera ‘Abakozi Ba Leta’ Mu Rwanda Gutanga Serivisi MBI
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gasabo: Yatemye Ushinzwe Umutekano Baramurasa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?