Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abana Batsinzwe Mu Mashuri Abanza Bashyiriweho Amahugurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Batsinzwe Mu Mashuri Abanza Bashyiriweho Amahugurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2024 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze, REB, ruvuga ko Leta y’u Rwanda yashyizeho uburyo bwo guhugura abana bazatsindwa ibizamini by’amashuri abanza basanzwe biga mu kiciro cyayo cya mbere bita ‘lower primary’. Ni gahunda yari isanzwe ihabwa bakuru babo yiswe ‘nzamurabushobozi’.

Iyi gahunda igamije kurushaho gufasha abo banyeshuri bakiri bato kumenya neza amasomo yabo hagamijwe ko bazatsinda ibyo bizamini mu gihe kiri imbere.

REB imenyesha abayobozi bose b’ibigo by’amashuri ya Leta n’afatanya nayo ku bw’amasezerano ko abanyeshuri bo mu kiciro cya mbere cy’amashuri abanza (lower primary) bazaba ‘batimutse’ bagomba kuzaza muri gahunda nzamurabushobozi.

Biteganyijwe ko izatangira kuva ku italiki ya 29, Nyakanga ikarangira ku italiki ya 30, Kanama 2024.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu rwego rwo kugira ngo bizakorwe neza, abayobozi b’ibigo by’amashuri barasabwa gukora urutonde rw’abana bose bazayijyamo, rugashyikirizwa ushinzwe uburezi mu Karere.

Uyu asabwa kuzarushyikiriza Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), bitarenze taliki 22, Nyakanga, 2024.

Itangazo rya REB rivuga ko hari imbonerahamwe izakoreshwa mu gutanga amakuru ku banyeshuri bazitabira iyi gahunda igomba gukorwa kandi igatangwa n’ushinzwe uburezi ku karere.

Abayobozi b’ibigo by’amashuri basabwe gushishikariza ababyeyi b’abo bana bazitabıra gahunda nzamurabushobozi, bakazabikora binyuze mu kohereza abana babo muri iyo gabunda no kubasobanurira akamaro kayo.

REB isaba abayobozi b’ibigo by’amashuri gukoresha inama n’abo babyeyi, inama nk’izo zikaba zigomba gutangira kuri uyu wa Gatanu taliki 05, Nyakanga, 2024.

- Advertisement -

Mbere y’uko iyo gahunda ishyirwa mu bikorwa, hateganyijwe ko abarimu bigisha Ikinyarwanda, Icyongereza n’Imibare bazabanza kubihugurwamo, ayo mahugurwa akazabera mu turere twose hagati y’italiki 22 na 26, Nyakanga, abayobozi b’ibigo by’amashuri bagasabwa kubimenyesha abarimu bireba kandi hakiri kare.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, REB, rwatangaje ko gahunda nzamurabushobozi yari isanzwe ikorwa mu bindi byiciro by’amashuri ibaye ihagaze.

Itangazo rya REB
TAGGED:featuredGahundaNzamurabushoboziREBUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: RIB Yafashe Uwo Ikekaho Kwicira Umuntu Muri Karongi
Next Article Mu Bwongereza Zahinduye Imirishyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?