Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abana Batsinzwe Mu Mashuri Abanza Bashyiriweho Amahugurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Batsinzwe Mu Mashuri Abanza Bashyiriweho Amahugurwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2024 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rushinzwe uburezi bw’ibanze, REB, ruvuga ko Leta y’u Rwanda yashyizeho uburyo bwo guhugura abana bazatsindwa ibizamini by’amashuri abanza basanzwe biga mu kiciro cyayo cya mbere bita ‘lower primary’. Ni gahunda yari isanzwe ihabwa bakuru babo yiswe ‘nzamurabushobozi’.

Iyi gahunda igamije kurushaho gufasha abo banyeshuri bakiri bato kumenya neza amasomo yabo hagamijwe ko bazatsinda ibyo bizamini mu gihe kiri imbere.

REB imenyesha abayobozi bose b’ibigo by’amashuri ya Leta n’afatanya nayo ku bw’amasezerano ko abanyeshuri bo mu kiciro cya mbere cy’amashuri abanza (lower primary) bazaba ‘batimutse’ bagomba kuzaza muri gahunda nzamurabushobozi.

Biteganyijwe ko izatangira kuva ku italiki ya 29, Nyakanga ikarangira ku italiki ya 30, Kanama 2024.

Mu rwego rwo kugira ngo bizakorwe neza, abayobozi b’ibigo by’amashuri barasabwa gukora urutonde rw’abana bose bazayijyamo, rugashyikirizwa ushinzwe uburezi mu Karere.

Uyu asabwa kuzarushyikiriza Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), bitarenze taliki 22, Nyakanga, 2024.

Itangazo rya REB rivuga ko hari imbonerahamwe izakoreshwa mu gutanga amakuru ku banyeshuri bazitabira iyi gahunda igomba gukorwa kandi igatangwa n’ushinzwe uburezi ku karere.

Abayobozi b’ibigo by’amashuri basabwe gushishikariza ababyeyi b’abo bana bazitabıra gahunda nzamurabushobozi, bakazabikora binyuze mu kohereza abana babo muri iyo gabunda no kubasobanurira akamaro kayo.

REB isaba abayobozi b’ibigo by’amashuri gukoresha inama n’abo babyeyi, inama nk’izo zikaba zigomba gutangira kuri uyu wa Gatanu taliki 05, Nyakanga, 2024.

Mbere y’uko iyo gahunda ishyirwa mu bikorwa, hateganyijwe ko abarimu bigisha Ikinyarwanda, Icyongereza n’Imibare bazabanza kubihugurwamo, ayo mahugurwa akazabera mu turere twose hagati y’italiki 22 na 26, Nyakanga, abayobozi b’ibigo by’amashuri bagasabwa kubimenyesha abarimu bireba kandi hakiri kare.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, REB, rwatangaje ko gahunda nzamurabushobozi yari isanzwe ikorwa mu bindi byiciro by’amashuri ibaye ihagaze.

Itangazo rya REB
TAGGED:featuredGahundaNzamurabushoboziREBUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: RIB Yafashe Uwo Ikekaho Kwicira Umuntu Muri Karongi
Next Article Mu Bwongereza Zahinduye Imirishyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Nyamasheke: Abaturage Barasaba Kugabanyirizwa Tike Y’Ubwato Bubafasha Kujya Guhaha

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?